Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gakenke, mu Murenge wa Mugunga barasaba guhabwa ingurane kubera imyaka yabo yangijwe n’imvubu, ariko kugeza ubu bakaba bakomeje gusiragizwa.
Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yari ageze muri aka karere, bagaragaza ko hari imvubu yagaragaye mu mugenzi wa Mukungwa mu mezi ashyize kugeza ubu ikaba ikomeje kwangiriza imyaka yabo.
Umwe muri aba baturage witwa Mukaruhunga Vestine yavuze ko yahatakarije hafi ARE 1 y’ibishyimbo, agasaba ingurane.
Yagize ati: "Twebwe icyo twifuza ni uguhabwa ingurane kuko urabona ko ntacyo tuzasarura, imvubu zarabimaze byose, inzara izatwica."
Mugambira Jean Damascene nawe ni umuturage uvuga ko imyaka yahatikiriye aho ARE 4 z’ibishyimbo n’imigozi y’ibijumba byose byariwe n’imvubu.
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke Nizeyimana Jean Marie Vianney mu kiganiro kigufu yagiranye na Mamaurwagasabo yavuze ko iki kibazo bakizi ariko bamaze kugishyira mu maboko y’Ikigo cy’Iterambere, RDB.
Yagize ati: "Ibi bibazo koko kirahari, twari twabihaye Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, ubu twumvaga ko byagakwiye kuba byararangiye, gusa ndaza guhamagara numve aho bigeze."
Kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru, Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke yari yatwijeje ko aza kubaza neza amakuru muri RDB akatubwira aho bigeze bikemuka , gusa ntacyo yongeye kudutangariza.
Mu byumweru bibiri bishyize nibwo abaturage bonewe n’imvubu bari bijejwe ko bagomba kuba babonye ingurane.
N’ubwo izi mvubu zangiriza imyaka y’abaturage zikayiribata ntawe zirabasha gukoretsa cyangwa se kumuhitana.

















