Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more
  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more

Gakenke: Barasaba ingurane ku myaka yabo yangijwe no kubaka imiyoboro y’amazi yo kuhira

Tuesday 28 June 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Hari bamwe mu baturage bo mu karere ka Gakenke, umurenge wa Gakenke , mu Kagari ka Rusagara bavuga ko basaba ingurane ku myaka yabo yangiritse ubwo hanyuzwagamo imiyoboro y’amazi.

Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga muri uyu murenge bamwe mu baturage bavuze ko bahangayikishijwe n’uburyo imyaka yabo ndetse n’ubutaka byangijwe mu gihe bakora imiyoboro ijyana amazi yo kuhira imyaka.

Bavuga ko ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke bwaje bubabwira ko bagiye kuhanyuza ibikorwa remezo imyaka yabo irimo ibisheke, ibijumba, amateke, ibishyimbo, irarimburwa nyamara mu gihe ahanyujijwe amatiyo bategetswe ko na nyuma batagomba kujya bahahinga ahubwo hazaterwa urubingo kugira ngo ayo matiyo atazajya yangirika mu gihe bahahinga.

Twizeyimana Adelifine yagize ati, " Baraje bangiza imyaka yacu, banyuza imiyoboro mu mirima yacu, bavuga ko ari umushinga w’amazi azajya yuhira imyaka, none babonye dutangiye gusakuza abayobozi bo ku karere baraje badukoresha inama batubwira ko ari ibikorwa bya leta, nta ngurane tugomba kubona. Byabaye mu ntangiro z’uyu mwaka none dore bongeye gukomeza kwangiriza indi myaka yacu."

Nzamukosha Adelien we yavuze ko umusaruro yasaruraga atazongera kuwubona kubera ko ubutaka bwe bwanyujijwemo imiyoboro kandi yarahingagamo imyaka itunga umuryango we akaba ariho bahera basaba ingurane akarere.

Nzamukosha Donatha yagize ati, "Mu by’ukuri tumaze kurambirwa, baraje banyicira imyaka, ngo bagiye kunyuzamo amazi yo kujya buhira imyaka kandi hano nakuragamo ibisheke ngapakiza imodoka nkabona amafaranga, none abayobozi baratubwiye ngo nta ngurane bazaduha kandi ikibazo cyacu abayobozi barakizi ariko ntacyo baratubwira."

Twifuje kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke buvuga kuri iki kibazo maze Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwamahoro Marie Therese yizeza aba baturage ingurane.

Yagize ati, "Icyo kibazo cy’abo baturage bavuga ko bangijwe imyaka twatangiye gusaba abayobozi b’imirenge gukora urutonde rwabo kugira ngo tuzabishyure ingurane zabo."

Ubusanzwe bimenyerewe ko iyo ubutaka bw’umuturage bugize igikorwa gikorerwamo ibikorwa abarirwa agaciro k’ibiri hejuru agahabwa ingurane yabyo igihe atemeye kubutanga ku bushake. Ibi akarere karabibizeza mu gihe aba baturage bo bavuga ko batigeze babarirwa imyaka yabo mbere yuko yangirizwa.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke bukomeza busaba abo baturage kugira ibyangombwa by’ubutaka bwabo kuko usanga hari igihe haba ikibazo cyo gutinda kubabarira bitewe nuko bamwe baba badafite ibyangombwa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru