Mu Murenge wa Rutunga mu Kagari ka Kibenga ho mu karere ka Gasabo hari ababyeyi baraye batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana wabo bataye mu bwiherero.
Biravugwa ko aba babyeyi wafata nk’ababyeyi gito, bataye umwana wabo mu bwiherero ngo bazibanganye ibimenyetso by’icyaha bari bamaze gukora bazavuge ko bamubuze.
Abagenzacyaha babataye muri yombi mu rwego rwo gukora iperereza kubera ibyo bakekwaho.
BTN yavuze ko mu gihe gito gishize, umugabo witwa Ngendahimana yarwanye n’umugore we biturutse ku makimbirane yo mu muryango, hanyuma umujinya utuma umugore ajugunyira umugabo umwana wabo w’amezi abiri undi ntiyamusama umwana yikubita hasi arapfa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kibenga, Jean Baptiste Dusengimana nawe yemeza ayo makuru, akavuga ko byamenyekanye ari uko umugore aje mu itsinda bamubaza aho umwana we ari agasubiza ko yariwe n’igisimbo.


















