Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Gasabo: Impanuka y’imodoka yahitanye abantu babiri

Friday 22 July 2022
    Yasomwe na

Ahagana saa yine n’Igice kuri uyu wa Kane, tariki 21 Nyakanga 2022, imodoka itwara imizigo yacitse feri igeze mu Kagari ka Kibagabaga, Umurenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, igonga abamotari bane, babiri bahita bapfa.

Iyo modoka yari itwaye amabati bivugwa ko yacitse feri irimo kumanuka ituruka mu bice byo ku Bitaro bya Kibagabaga, igonga abantu igeze hasi mu muhanda uva i Kinyinya ugana mu Kabuga ka Nyarutarama.

Bamwe mu babonye iyi mpanuka babwiye IGIHE ko abamotari yagonze bose bashobora gupfa.

Uwitwa Bizimana Alain yagize ati "Twabonye imanuka yiruka turahunga, ihita igonga abamotari bane bari bahagaze aha ibajya hejuru."

Biziyaremye Emmanuel we yagize ati "Ntakubeshye muri bose nta n’umwe uri burokoke bitewe n’uko n’abo bandi bari bameze."

Abatuye muri aka gace n’abahakorera bavuga ko inzego zibishinzwe zikwiye kugira icyo zikora kugira ngo zikumire impanuka zihabera kuko atari ubwa mbere imodoka icika feri igahitana abantu barenze umwe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru