Umurambo w’umugabo witwa Maniriho Athanasie, wari ufite imyaka 35 wasanzwe ku biro by’Akagari by’Akagari ka Nyamirama, mu Murenge wa Gitoki, Akarere ka Gatsibo bikekwa ko yiyahuye.
Hari mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Nyakanga, ku isaha ya Saa yine zishyira Saa Tanu.
Ababonye nyakwigendera yapfuye babwiye BTN dukesha iyi nkuru ko ubwo nyakwigendera inzego z’umutekano zamusangaga ku kagari byasaga naho yari amaze gushiramo umwuka, afite imiti yica udukoko ndetse n’urwandiko yandikiye umufasha we.
Umwe yagize ati: "Ubwo bamusangaga ku biro by’akagari yapfuye, bamusanganye urwandiko yandikiye umugore we; muri make rwasaga nk’ururimo ubutumwa bumusezeraho".
Ubwo yaganiraga n’umunyamakuru wa BTN, umugore wa Nyakwigendera, Maniriho Anasthasie, yavuze ko amakuru y’urupfu rw’umugabo we yayabwiwe n’abkora mu nzego zibanze z’umutekano, baje kumuhuruza ndetse ko yakunze kujya amubwira ko Isaha n’Isaha aziyahura ariko undi agakomeza kuba mu rujijo bitewe nuko ntakintu azi cyatuma yiyambura ubuzima ako kajyeni.
Yagize ati" Natunguwe cyane no gusanga umugabo wanjye yapfuye mu buryo butunguranye. Yakundaga kumbwira ko aziyahura".
Andi makuru BTN yabashije kumenya, avuga ko mu masaha make mbere yuko nyakwigendera apfa, hari abamwumvishe akubitwa ataka n’abantu batabashije kumenyekana, igituma hari abakeka ko yaba yazize izo nkoni yahondagurwaga.
Kanamugire Jean Claude, Umukuru w’Umudugudu wa Minago, yahamije iby’iyi nkuru y’incamugongo ndetse anavuga ko kugeza ubu hataramenyekana icyihishe inyuma y’urupfu rwe nubwo hari abakwirakwiza amakuru adahagazweho avuga ko yiyahuye abitewe nuko yasanze umugore we amuca inyuma.
Umurambo wa Nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro bya Kiziguro gukorerwa isuzumwa mu gihe iperereza ryahise ritangira ngo hamenyekane icyo yazize.






















