Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Gen. Muhoozi yasabye imbabazi nyuma y’ubutumwa bwibasira Amerika

Friday 30 January 2026
    Yasomwe na

Umuyobozi w’ingabo za Uganda (UPDF) akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Jenerali Muhoozi Kainerugaba, mu ijoro ryashize yateje impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gusohora ubutumwa bunenga Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda, ayishinja kugira uruhare mu gucumbikira umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine).

Kyagulanyi yabaye uwa kabiri mu matora rusange yo ku wa 15 Mutarama, ayo matora akarangira Perezida Museveni, se wa Jenerali Muhoozi, atangajwe nk’uwatsinze ku majwi menshi.

Muhoozi, ufite n’inshingano zo kuba umujyanama mukuru wa Perezida mu bikorwa byihariye bya gisirikare, yavuze ko ubuyobozi buriho ubu bwa Ambasade ya Amerika bwagize uruhare mu gikorwa cyo gukura Kyagulanyi mu rugo rwe ruherereye i Magere mu Karere ka Wakiso, mu gikorwa cyabaye mu ijoro ryo ku wa 16 Mutarama 2026.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Jenerali Muhoozi yatangaje ko hashingiwe ku makuru UPDF yizeye, icyo gikorwa cyakozwe ku bufatanye n’ubuyobozi bwa Ambasade ya Amerika. Yavuze ko kubera iyo mpamvu, Uganda yahise ihagarika ubufatanye bwose mu bya gisirikare n’ubw’umutekano n’iyo ambasade, harimo n’imikoranire yari isanzwe mu butumwa bwo muri Somalia. Yongeyeho ko umubano w’umutekano hagati ya Uganda na Amerika wari umaze igihe wangirika, cyane cyane kuva mu 2015.

Nyuma y’aho, Jenerali Muhoozi yaje gusiba ubwo butumwa anasaba imbabazi ku magambo yari yanditse.

Yanongeyeho ko igihugu icyo ari cyo cyose cyagerageza gufasha Kyagulanyi kuva muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, cyaba giteje amakimbirane akomeye hagati yacyo na Uganda.

Ku wa 24 Mutarama 2026, Robert Kyagulanyi yatangaje ko abasirikare bateye urugo rwe nijoro, bagakubita abakozi be ndetse bakorera ihohoterwa umugore we, Barbara Kyagulanyi.

Ibi byabaye byongereye umwuka mubi mu bya politiki n’umubano wa dipolomasi muri Uganda, binongera impungenge ku burenganzira bwa muntu, umutekano w’abaturage, n’uruhare rw’amahanga mu bibazo bya politiki y’imbere mu gihugu.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru