Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gisagara batabaza ubuyobozi ni nyuma yaho muri aka karere hamaze iminsi hagwa Imvura y’amahindu irimo n’urubura ikaba yangirije imyaka y’abaturage abandi isiga basembera kuko amazu yabo ibisenge byatwawe n’umuyaga.
Ni abaturage bo mu karere ka Gisagara batabaza ubuyobozi ni nyuma yahoo muri aka karere hamaze iminsi hagwa Imvura y’amahindu irimo n’urubura ikaba yangirije imyaka y’abaturage abandi isiga basembera kuko amazu yabo ibisenge byatwawe n’umuyaga aba nibamwe mu bagizweho ingaruka.
Umwe mubanyirijwe imyaka yagize ati “Hano mu kabande ibigori byange byaragiye ahubwo inzara ntituzayikira kuko nubundi dore no kubona imbuto byari byagoranye”.
Annie Marie Mukantagwera wo mu kagari ka Cyamukuzi umwe mubasenyewe n’imvura yagize ati”Umuyaga waraje ndi munzu imvura iri kugwa uba uteruye igisenge urakijyana ujugunya iriya, ubundi ndigusembera mu baturanyi”
Emmanuel Singirankabo wo mu kagari ka Gisagara yavuze we igisenge cye cyavuyeho cyikagwa nko muri metero magana tanu ati” Ngewe narindi kumwe n’abana munzu ngiye kubona igisenge kiragurutse ubu turikuba mu baturanyi nge n’abana n’umugore kandi ntabwo tworohewe”.
Bamwe muri aba baturage twaganiriye ni abo mu murenge wa Ndora mu tugari twa Gisagara na Cyamukuza bagaraza ko imyaka yabo ku misozi no mu bishanga yangiritse ndetse abandi amazu yabo ibisenge bikaguruka bose bagaruhuza ku cyifuzo cyuko leta yabagoboka kuko abo ibisenge byagurutse ubu barigusembera n’imiryango yabo mu baturanyi.
Yagize ati”Badufashe gusana izi nzu zacu rwose dore mu bushobozi bwacu buke twari twagerageje gukora ibyo dushoboye mu buryo butoroshye ariko imvura ntiyatubaniye. Ubu ntabwo twabona ubushobozi bwo kuzisana byasaba igihe kinini ubwose twaba tuba hehe”.
Umuyobozi w’umurenge wa Ndora Manirora Eugene asobanura byinshi kuri iki kibazo.
Yavuze ko bamaze kugutanga raporo ku bo bireba
Ati” Haguye imvura nyinshi ivanzemo urubura n’umuyaga yangiriza ibihingwa ndetse n’amazu y’abaturage.
Twamaze kuvugana na MENEMA hamwe na Redcross kugira ngo badufashe aba baturage bongere kubona aho baba ariko kandi twaranabasuye ngo turebe uko babayeho”.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara bunze murya Ministeri y’ubutabazi(Minema) aho ikunze kugira inama abuturage kuzirika ibisenge kugira ngo hirindwe ko bagirwaho ingaruka nk’izi n’imvura izanye ubukana bwinshi buherekejwe n’umuyaga.
Ibyangiritse ni Imyumbati hegitari isaga 10, Ibigori ni hegitari zisaga 40,Inzu zangiritse ni 10 ariko atandatu muriyo niyo yangiritse cyane harimo ayari yubakishije amategura naho ayari asakaje amabati ibisenge byaragurutse amabati arangirika cyane kuburyo atasubizwaho.
Moise Munyaneza




















