Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Gisagara: Umwana w’imyaka 17 ufite undi mwana yahawe imyaka 47 muri irangamirere bituma adahabwa serivisi.

Wednesday 10 September 2025
    Yasomwe na

Mu Karere ka Gisagara umurenge wa Ndora akagari ka Cyamukuza umudugudu wa Nyarubari Igiraneza Adeline w’imyaka 17 aravuga ko amaze imyaka 2 asiragizwa ku murenge ashaka gukosoza amakuru ye mu irangamirere.


Adeline Igiraneza amaze imyaka ibiri ashaka gukosoza imyaka mu irangamirere.

Igiraneza Adeline w’imyaka 17 wo mu Karere ka Gisagara umurenge wa Ndora akagari ka Cyamukuza umudugudu wa Nyarubari aravuga ko amaze imyaka 2 asiragizwa ku murenge ashaka gukosoza amakuru ye mu irangamirere ariko byaranze.

Igiraneza avuga ko yongerewe imyaka muri sisiteme aho kugira ngo hashyirweho 2008 kuko ari bwo yavutse bashyiraho 1985 nkuko abivuga.

Yagize ati "Ikibazo mfite navutse 2008 noneho nagiye kureba nyine ngo nifotoze mu irangamimerere nsanga ngo navutse 1985 noneho ushinzwe irangamimerere arangije arambwira ngo azabikemura antuma n’igipande ngo bapimishirizagaho ngo ninkibura ngo nzagende kwa Padiri ngo nzane ifishe y’abatisimu, igipande cyo narakibonye cyari gihari noneho ndangije ndabimushyira ubu umwaka ugiye kuba uwa kabiri mbyirukaho narahembwe nyine".

Igiraneza avuga ko abangamiwe no kutagira irangamuntu kuko afite umwana ukiri muto ibintu avuga bimutera guhorana impungenge kuko hari serivise adahabwa agasaba ko ubuyobozi bubishinzwe bwamufasha kuko igihe yarwara cyangwa umwana we akarwara atabona uko amuvuza.


Kubona irangamuntu kwe byabaye ingorabahizi.

Ati "Yarambwiye ngo azajya kubinkosoreza muri NIDA narategereje narahebye niyo ngiyeyo arambwira ngo dore ngo ntibirakunda kandi nubwo narwara sinajya no kwa muganga n’uyu mwana sinajya no kumuvuza nyine ndifuza ko ibyo ngibyo by’irangamimerere byakosoka nyine nanjye nkabona indangamuntu".

NYIRIMANA Eduard ni Umubyeyi wa Igiraneza nawe atubwira ko babangamiwe n’iki kibazo kuko iyo arwaye bibasaba kujya kugura imiti muri Furumasi kandi nta bushobozi bafite.
Turabangamiwe cyane icya mbere nkiyo arwaye ntabwo ashobora kujya kwivuza kwa muganga ngo bikunde kubera ko iyo ufite indangamuntu uyitanga, we rero nta ndangamuntu afite kandi afite n’umwana njyewe nifuzaga ko bamukosorera akabona byibuze indangamuntu hari amaserivisi menshi ubu ngubu atagira icyamumarira".

Umuyobozi w’umurenge wa Ndora Manirarora Eugene yabwiye Mamaurwagasabo TV ko agiye gukorana n’ushinzwe irangamirere kugira ngo iki kibazo iki kibazo gishakirwe umuti.

Ati “Ndareba Etat-Civil mubaze uko bimeze ubwo yaje kenshi baranamuzi, turamufasha ntakibazo”.

Mu Rwanda hakunze kugaragara ikibazo mu irangamirere aho usanga hari umubare munini wabahawe ko bavutse ku itariki ya 1/01 nyamara atariko bimeze gusa ibyo abanyarwanda barabyakiriye ariko ikijyanye no kwibeshya ku imyaka umwana ari muto cyo usanga ataricyo kwihanganirwa kuko ahanini usanga iyo umwana agejeje igihe cyo gufata indangamuntu adashobora kuyibona.

Moise Munyaneza

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru