Guhera kuri uyu wa gatanu taliki ya 12 Ukwakira 2018 mu Rwanbda haratangira ubushakashatsi bwimbitse kuri Virusi itera Sida, buzakorwa hapimwa abantu bari mu ngo zigera ku bihumbi 11 bukazakorerwa ku bantu 29.993 bazasanga mu ngo bakabapima virusi itera Sida n’indwara z’umwijima bagahita babaha ibisubizo.
Kuri uyu wa gatatu nibwo hatangijwe ku mugaragaro ubushakashatsi bwa RPHIA mu Rwanda bugamije gutanga imibare ifatika ku cyorezo cya Sida no kugaragaza icyo gahunda yo gutanga imiti ku bafite iyi ndwara yafashije Abanyarwanda mu myaka 10 imaze itangiye.
Ubu bushakashatsi buzakorerwa mu ngo zatoranyijwe mu gihugu hose zingana na 10.800 ku bantu bazituyemo barenga 29.993, bari hagati y’imyaka 10 kugeza kuri 64.
Abazakorerwaho ubu bushakashatsi bazajya bahita bahabwa ibisubizo bigaragaza uko bahagaze kuri virusi itera sida no ku ndwara z’umwijima zo mu bwoko bwa B na C (Hepatite B&C) ako kanya.
Izi ngo zatoranyijwe ntacyo bashingiyeho hakazapimwa abazibamo n’abo abakora ubushakshatsi bazasanga baharaye nubwo baba batahasanzwe.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuvuzi rusange muri Minisiteri y’ubuzima, Dr. Ndimubanzi Patrick, yasabye Abanyarwanda kuzakira neza abazakora ubu bushakashatsi kuko buzafasha kugira “imibare ifatika, iri ku gihe, idufasha mu igenamigambi.”
Agira ati : “Ubu bushakashatsi buzadufasha kumenya neza imibare y’abantu bafite ubwandu bwa virusi itera Sida, ariko no kumenya ngo ni abantu bangahe bashya bandura iyo virusi buri mwaka.”
Ubu bushakashatsi bwiswe RPHIA buzakorwa mu mezi 6 bukazahera mu ntara y’Amajyaruguru guhera taliki ya 12 Ukwakira 2018, hakazakurikiraho Umujyi wa Kigali mu Ugushyingo nyuma yaho ubu bushakashatsi bukazakorerwa ahasigaye hose mu Gihugu.
U Rwanda ni igihug cya 13 kigiye kuberamo ubu bushakshatsi mri Afurika nyuma y’ibihugu nka Uganda, Tanzania, Zambia, Zimabwe, Ethiopia n’ibindi.

















