Thursday . 5 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 5 March » Iran yatangije ibitero byo ku butaka ku Ba Kurde bo muri Iraq – read more
  • 5 March » Rura yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli – read more
  • 5 March » Inama y’abaminisitiri yemeje ifungurwa ry’abarenga 1800 – read more
  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more

Harimo gutegurwa uburyo imiryango yose ishyirwa mu ikoranabuhanga, [Social Registry]

Monday 28 February 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Mutungirehe Samuel

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yatangaje ko harimo gutegurwa uburyo bwo kwandika imiryango yose iri mu gihugu, ikandikwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, icyo bise "Social Registry", aho amakuru yose y’imibereho y’abagize umuryango azaba aboneka bitaruhanyije.

Yabikomoje mu kiganiro kigufi yagiranye n’abanyamakuru, ubwo yari amaze kwakira ibibazo n’ibyifuzo by’abaturage bo mu karere ka Bugesera, mu murenge wa Ntarama, mu nama yakurikiye Umuganda Rusange wari wongeye gusubukurwa nyuma yo kumara imyaka ibiri usubitswe kubera kwirinda kwanduzanya Icyorezo cya Covid-19.

Hari hamwe mu gihugu byagiye bigaragara ko usanga umuturage avuga ko atakemuriwe ikibazo runaka afite rimwe na rimwe ukumva abayobozi mu nzego z’ibanze cyangwa ba mutwarasibo n’abandi bamwitakana ko batamuzi, adatuye mu ifasi bayobora, nta Kayi y’Umuryango afite, bumvikanisha ko akiri mushya muri bo, batatagira amakuru ahagije kuri we bikaba ari n’intandaro yo kutibuka kumukemurira ikibazo bitewe n’uko bamubona gake gashoboka cyangwa nta makuru ahagije bafite kuri uwo muturage.

Minisitiri Gatabazi yavuze ko ubwo buryo bwa Soci Registry bugeze kure bukorwa kandi buzafasha my kumenya amakuru ya buri muryango n’ibindi.

Yagize ati "Turimo gutegura icyo twise Social Registry, turateganya kubishyira mu ikoranabuhanga, ku buryo imiryango yacu yose izaba iri mu buryi bw’ikoranabuhanga; aho ituye, ibyo bafite, umubare w’abari mu muryango, abo ari bo n’ibindi byose.

Birimo gukorwa, biri hafi kurangira, ariko noneho ibyo ntibivanaho n’Ikayi y’Umudugudu. Ikayi y’Umudugudu izaba iri mu buryo bw’ikoranabuhanga ariko nabyo ntibivanaho ikayi y’ibibazo umuturage aba afite."

Gatabazi yakomeje asobanura ko n’iyo Kaye y’umuturage igomba kongera ikabyutswa, ikazafasha umuturage wajyanye ikibazo ku muyobozi amwandikiramo uko agikemuye ku rwego rwe, biryo n’igihe kigeze ku rwego rwo hejuru bizagaragarire izindi nzego uko cyagiye gikemurwa n’igiaigaye kitarakemutse.

Ati "Ibintu byiza byose byagiye bikora mu gihugu dufite inshingano zo kubigarura no kubisubizaho."

Muri ya kayi y’Ikoranabuhanga yo ku mudugudu hazaba harimo n’Ikayi y’Abinjira n’Abasohoka mu mudugudu ku buryo Umukuru w’Umudugudu ufite Telefone ya Smartphone bizajya bimworohera gutangaza amakuru y’umuturage runaka winjiye cyangwa usohotse cyangwa se wapfuye mu batuye uwo mudugudu n’impamvu zibiteye.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru