Yashyizweho na: Imfurayabo Pierre Romeo
Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Korea ya Ruguru buratangaza ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane iki gihugu cyarashe misile ebyiri zombi zaguye mu Nyanja y’Ubuyapani.
Izi Misire zarashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, iya mbere yarashwe saa 05:34 iya kabiri iraswa 05:57.
Zarasiwe mu gace kitwa Wansan ko mu burasirazuba bwa Korea ya Ruguru. Zombi zagenze ibilometero 690.
Izi misire zirashwe hatarashira ukwezi Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America ahuye na Kim Jong-un wa Korea ya Ruguru bahuye.
Minisitiri w’Umutekano w’Ubuyapani we yanyomoje amakuru ko ziriya misire zaguye mu Nyanja yabo ndetse ko zitahungabanyije umutekano w’iki gihugu.
Inkuru dukesha BBC



















