Sunday . 31 May 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more

ABANTU 81 BARAYE BAGUYE MU BITERO ISRAEL YAGABYE MURI GAZA

Tuesday 27 May 2025
    Yasomwe na

Amakuru dukesha ikinyamakuru Al Jazeera avuga ko nibura abantu 81 baguye mu bitero bya Isiraheli yagabye hirya no hino muri Gaza kuva ku wa mbere, harimo 53 baguye mu mujyi wa Gaza.

Amakuru ariho avuga ko uyu mutwe wa Palesitine wemeye icyifuzo cyo guhagarika intambara iri muri Gaza.

Umuvugizi w’umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi avuga ko abantu babayeho nabi muri Gaza, ni mu gihe ibitaro byabuze ibikoresho byo kwa muganga byo kuvura abarwayi, bamwe bagize imvune ziteye ubwoba, ibi biterwa n’uko Isiraheli yatumye imfashanyo zinjiraga muri Gaza zihagarara, ahubwo ikagaba ibitero mu bice bitandukanye.

Minisiteri y’ubuzima ya Gaza ivuga ko intambara ya Isiraheli kuri Gaza yahitanye nibura Abanyapalestine bagera ku bihumbi 53,977 ikomeretsa abagera ku bihumbi 122.966.

Naho ibiro bya Leta bishinzwe itangazamakuru bivuga ko abapfuye bagera ku bihumbi 61.700, bavuga ko abantu ibihumbi baburiwe irengero bikekwa ko nabo bapfuye.

Abantu bagera ku gihumbi 1.139 biciwe muri Isiraheli mu bitero byayobowe na Hamas byo ku ya 7 Ukwakira 2023, abasaga 200 bajyanwa ari imbohe.

Valens Nzabonimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru