Sunday . 31 May 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more

Perezida Putin na Trump bemeranyije guhagarika imirwano muri Ukraine.

Tuesday 20 May 2025
    Yasomwe na

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yongeye kwemeza ko Moscow yiyemeje gukemura ikibazo cya Ukraine mu buryo buboneye nyuma yo kuganira kuri telefoni na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov.

Lavrov yavuze ko u Burusiya bugikomeye ku mwanya wabwo uvuga ko ikibazo cya Ukraine cyatewe n’ibihugu by’iburengerazuba kandi gikeneye igisubizo kirimo ubutabera. Yagize ati Perezida Putin yongeye gusubiramo iyi myumvire ku buryo budashidikanywaho mu kiganiro yagiranye na Trump.


Putin na Trump baganiriye mu gihe kingana n’amasaha abiri.


Putin yabwiye abanyamakuru ko icyo kiganiro cyamaze amasaha arenga abiri kandi cyaranzwe n’ibiganiro byisanzuye n’ubwumvikane. Ni ubwa gatatu baganiriye kuva uyu mwaka watangira.

Putin yavuze ko Trump yemeye ko u Burusiya bushyigikiye uburyo bw’amahoro mu gukemura ikibazo cya Ukraine kandi ko bwiteguye gukorana na Ukraine kuri memorandum ijyanye n’amasezerano y’amahoro, ishobora no kubamo guhagarika imirwano ndetse n’amahame yo gukemura icyo kibazo.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru