Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yongeye kwemeza ko Moscow yiyemeje gukemura ikibazo cya Ukraine mu buryo buboneye nyuma yo kuganira kuri telefoni na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov.
Lavrov yavuze ko u Burusiya bugikomeye ku mwanya wabwo uvuga ko ikibazo cya Ukraine cyatewe n’ibihugu by’iburengerazuba kandi gikeneye igisubizo kirimo ubutabera. Yagize ati Perezida Putin yongeye gusubiramo iyi myumvire ku buryo budashidikanywaho mu kiganiro yagiranye na Trump.
Putin yabwiye abanyamakuru ko icyo kiganiro cyamaze amasaha arenga abiri kandi cyaranzwe n’ibiganiro byisanzuye n’ubwumvikane. Ni ubwa gatatu baganiriye kuva uyu mwaka watangira.
Putin yavuze ko Trump yemeye ko u Burusiya bushyigikiye uburyo bw’amahoro mu gukemura ikibazo cya Ukraine kandi ko bwiteguye gukorana na Ukraine kuri memorandum ijyanye n’amasezerano y’amahoro, ishobora no kubamo guhagarika imirwano ndetse n’amahame yo gukemura icyo kibazo.






















