Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Perezida Putin na Trump bemeranyije guhagarika imirwano muri Ukraine.

Tuesday 20 May 2025
    Yasomwe na

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yongeye kwemeza ko Moscow yiyemeje gukemura ikibazo cya Ukraine mu buryo buboneye nyuma yo kuganira kuri telefoni na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov.

Lavrov yavuze ko u Burusiya bugikomeye ku mwanya wabwo uvuga ko ikibazo cya Ukraine cyatewe n’ibihugu by’iburengerazuba kandi gikeneye igisubizo kirimo ubutabera. Yagize ati Perezida Putin yongeye gusubiramo iyi myumvire ku buryo budashidikanywaho mu kiganiro yagiranye na Trump.


Putin na Trump baganiriye mu gihe kingana n’amasaha abiri.


Putin yabwiye abanyamakuru ko icyo kiganiro cyamaze amasaha arenga abiri kandi cyaranzwe n’ibiganiro byisanzuye n’ubwumvikane. Ni ubwa gatatu baganiriye kuva uyu mwaka watangira.

Putin yavuze ko Trump yemeye ko u Burusiya bushyigikiye uburyo bw’amahoro mu gukemura ikibazo cya Ukraine kandi ko bwiteguye gukorana na Ukraine kuri memorandum ijyanye n’amasezerano y’amahoro, ishobora no kubamo guhagarika imirwano ndetse n’amahame yo gukemura icyo kibazo.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru