Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Igihugu gitewe impungenge n’abagabo batera abana inda-Mukabarisa Donatille

Thursday 11 October 2018
    Yasomwe na

Mugihe u Rwanda s’isi yose muri rusange rwugarijwe n’ikibazi cyo kuba abana b’abakobwa bakomeje gusambanywa abandi bagaterwa inda, peresidante w’inteko ishinga amategeko araba abakobwa kudahishira ababasambanyije bakanabatera inda ndetse akibutsa n’ababyeyi kugira uruhare mukurinda abana babo.

Ibi yabivuze kuri uyu wagatanu ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’isi yose kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abana b’abakobwa.

Uyumunsi mu Rwanda wizihijwe n’abana ba abakobwa bagera ku 17,500 barasambanyijwe bakanaterwa inda mumwaka umwe gusa abanyeshuri biga muyisumbuye bahuriye mucyumba cy’ingoro y’inteko ishinga amategeko maze bagaragaza bimwe mubyakorwa ngo abana babakobwa bareke gusambanywa ndetse no guterwa inda imburagihe bisa n’ibyabaye icyoorezo kuribo.

Bamwe mu bari bitabiriye iki gikorwa, bavuga ko hari abana b’abakobwa baterwa inda bagatinya kuvuga abazibateye, kugira ngo bahanwe kubera ubwoba bwo guhabwa akato n’umuryango nyarwanda, ariko kandi ngo hari n’ababyeyi bacitse intege mu gutanga impanuro kubana babyaye.

Minitre w’iterambere ry’ umuryango Nyirasafari Esperance agira ati “abakobwa bakwiye gufata iyambere mu kwirinda ababashuka ahubwo bagakuriza inama bahabwa n’ababyeyi kandi bakiga kugira ngo baziteze imbere ndetse bateze n’igihugu imbere ahokumva ababashuka”.

Peresidante w’inteko ishinga amategeko umutwe wa abadepite, Mukabarisa Donatille, Agira ati”Igihugu gikora ibishoboka byose kugira ngo, uburere bw’umwana w’umukobwa bugerweho ariko bagako kigakomwa mu nkokora n’abagabo batera abana inda abandi bakabasambanya, mbonereho nsabe abokobwa gufatanya n’abasazababo bagatinyuka kuvugu ababateye inda bagahanwa n’amategeko”.

Umunsi mpuzamahanga wahariwe abakobwa ubaye mu gihe abana babakobwa batewe inda batarageza ku myaka 18 mu Rwanda banga na 17500 naho muri afurika igihugu kiza kumwanya wa mbere mu kugira abana batewe inda bakiri bato ni nigeriya ifite abagera kuri, 203.604

Umubare munini w’abana babakobwa baterwa inda bakiri batoya ugaragara mu bihugu biri munsi y’ubutayu bwa sahara n’urwanda ruherereyemo aho abana b’abakobwa bashyingirwa bakiri munsi y’imyaka 18.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru