Ikiciro cya mbere cy’ibiganiro hagati ya ba minisitiri b’Ububanyi n’amahanga, uwa Ukraine n’Uburusiya ntacyo byagezeho ku bijanye no guhagarika intambara, nk’uko UKraine yabyitangarije.
Inyuma y’ibyo biganiro byabereye muri Turkia, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Ukraine Dmytro Kuleba, yavuze ko ibyasabwe na mugenzi we w’Uburusiya Sergei Lavrov ari nko gusaba ko bamanika amaboko.
Hagati aho Lavrov yigambye ko igitero cya gisirikare igihugu cye cyagabye kirimo kiragenda uko cyateguwe.
Ibyo biganiro byabaye Uburusiya mu gihe bwaraye buteye amabombe ku bitaro by’abana, Ukraine ivuga ko ari "icyaha cyo mu ntambara".
Igitero ku bitaro by’ababyeyi n’abana cyababaje isi yose
Abategetsi bavuga ko abantu batatu barimo umwana baguye muri ico gitero, mu mujyi wa Mariupol uri mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba.
Hashize ibyumweru bibiri Uburisiya bugabye igitero ku gihugu cyose cya Ukraine, kuva icyo gihe abantu miriyoni 2.3 bamaze guhunga igihugu.
BBC yavuze ko aho abantu bugarijwe n’akaga kurusha ahandi ni muri Mariupol, nk’uko Kuleba yabivuze, mu gihe abenegihugu bagotewe mu bukonje bwinshi nta mashanyarazi, nta mazi.
Kuleba yavuze ko Uburusiya butiyemeje kutanga inzira abantu bacamo kandi ko butemeye ibyasabwe na Ukraine ko haba uguhagarika intambara mu gihugu cyose kubera impuhwe ku bantu.
Yavuze ati : "Nshaka kongere kuvuga ko Ukraine itamanitse amaboko, kandi ntizamanika amaboko," yongerako ko afite ubushake bwo gukomeza ibiganiro.
Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga w’Uburusiya nta na kimwe yemeye, ahubwo asubiramwo ibyo Uburusiya busaba, ko Ukraine ivanwamwo intwaro ikemera no kuba igihugu kitagira aho cyegemiye. Yavuze ko Uburusiya burindiriye igisubizo kizava i Kiyv itarahierera.
Ababyeyi bavanwaga mu bitaro ari inkomere






















