Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Uganda: Abaganga batunguye Perezida Museveni

Monday 5 December 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Muri Uganda, itsinda ry’abaganga ryatunguye benshi muri weekend ubwo bapfukamaga imbere ya Perezida Yoweri Museveni bamusaba kuziyamamariza manda ya karindwi.

Museveni w’imyaka 78 ari ku butegetsi kuva mu 1986. Amatora rusange ataha ateganyijwe mu 2026.

Abaganga bahagarariye Uganda Medical Association (UMA), bari bitabiriye ikoraniro ryo gukunda igihugu ku murwa mukuru Kampala, aho ubakuriye yabayoboye mu gupfukama imbere ya perezida nk’uko amashusho y’ibinyamakuru byaho abyerekana.

Mu ijambo rye, umukuru wa UMA, Dr Samuel Odongo Oledo, yashimagije Museveni ko yavuguruye urwego rw’ubuzima akanateza imbere imibereho y’abarukoramo.

Odongo yakomeje asaba Museveni kuziyamamaza mu 2026 nk’umukandida perezida, asaba bagenzi be gupfukama bakamwereka ubusabe bwabo.

Icyo gikorwa cyateje impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bashinje iryo tsinda kuba abaja b’abanyapolitike, nk’uko BBC dukesha iyi nkuru yabitangaje.

Ariko mu butumwa kuri Twitter ishyirahamwe UMA ryitandukanyije na kiriya gikorwa rivuga ko “kidasobanura imikorere y’ishyirahamwe.”

Iryo shyirahamwe rivuga ko UMA “igihe cyose ivugana na perezida mu nzira zemewe, za kinyamwuga, harimo kumushimira mu bihembo byacu bya buri mwaka.”

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru