Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, (Minaloc) yatangaje ko imirenge itandatu yo mu turere twa Huye, Nyaruguru na Gisagara yashyizwe muri Guma mu rugo nyuma y’ubwiyongere bukabije bw’abandura Coronavirus.
Iyo mirenge ni uwa Ruhashya na Rwaniro muri Huye, Gikonko, Kansi na Mamba muri Gisagara ndetse n’umurenge wa Ruramba muri Nyaruguru.
MINALOC yavuze ko yafashe uwo mwanzuro nyuma yo gukora ubusesenguzi n’inzego z’ubuzima kandi imaze kubijyaho inama n’inzego bireba.
Umubare w’abarema amasoko muri iyo mirenge ugomba kugabanywa hagasigaramo abacuruza ibiribwa gusa.
















