Mu myanzuro y’inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Kamena uko ari ine izatangira kubahirizwa guhera tariki ya 23 Kamena imare ibyumweru bibiri ntaho yagize icyo ivuga ku ngingo yo guhererekanya amafaranga mu kwishyurana hagati y’abantu nko mu bucuruzi n’ahandi.
Mbere icyorezo cya COVID-19 kikigera mu Rwanda Guverinoma ntiyahwemaga gushishikariza abacuruzi n’abaguzi kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga nyuma yo gusanga no ku noti cyangwa ku biceri bashobora kugendaho virusi ya Corona kimwe no kubbindi bikoresho.
Gusa ingingo zishoboka zose zanyuramo icyuho k’icyorezo zagize ikizivugwaho ariko kuri iyi nshuro ntacyavuzwe ku guhererekanya amafaranga hagati y’abantu no mu bucuruzi.
No mu ngingo ya gatatu igika cya j byanditsemo ko amasoko n’amaduka azakomeza gukora ariko hajye hasimburana umubare utarenze 50% w’abacuruzi bwemewe kuyakoreramo.
Bishoboke ko wenda Abanyarwanda bamaze gutora uwo muco ariko Kandi ntawakiyibagiza ko hari abashibora kwandura COVID-19 binyuze mu guhererekanya AA amafaranga mu ntoki mu gihe umwe mu bayahererekanya yaba afite ubwandu bwa coronavirus.
Ingamba zose zafashwe zizatangira kubahirizwa tariki ya 23 Kamena 2021 zimare ibyumweru bibiri.




















