Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Indege ya ‘Brussels Arilines’ Inyoni yayibujije gukomeza urugendo

Saturday 4 August 2018
    Yasomwe na

Indege ya sosiyete intwara abagenzi ‘Brussels Arilines’ byayisabye guhita isubira ku kibuga kuri uyu wa 4 Kanama 2018 ubwo inyoni yari imaze kuyigonga nyuma y’ igihe gito ihagurutse ku kibuga cy’ indege cya Buruxelles.

Umuvugizi w’ iyi sosiyete yatangaje ko iyi ndege nyuma yo kugongwa n’ iyi nyoni yangiritse muri moteri.

Iyi ndege yabanje kuzenguruka mu kirere mbere y’ uko igwa kuko bitari biyoroheye guhita yongera kugwa ku kibuga.

Umuvugizi wa Brussels Airlines yavuze ko bibaho kenshi indege ikagongwa n’ inyoni. Abakora mu bijyanye n’ ingendo z’ indege bavuga ko umuntu cyangwa ikintu cyayigonze kuko inzira indege iba irimo kunyuramo nta kindi kintu kiba cyemerewe kuyinyuramo.

Iyi ndege yari ihagurutse mu Bubiligi igiye muri Espagne ahitwa Las Palmas. Abagenzi 147 bari muri iyi ndege ntabwo babashije kugera aho bari bagiye kuri uyu wa Gatandatu cyokora bijejwe ko ejo ku Cyumweru bazagerayo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru