Thursday . 23 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Ingabo za Congo zashimuse abasirikare babiri b’u Rwanda

Saturday 28 May 2022
    Yasomwe na

Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda (MINADEF) yatangaje ko abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bafatanyije n’umutwe ushaka guhirika bw’u Rwanda wasize ukoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (FDLR) bashimuse abasirikare b’u Rwanda babiri, ku wa Mbere taliki 23, Gicurasi, 2022.

Itangazo ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF) rivuga ko kiriya gikorwa ari icy’ubushotoranyi, bise mu Cyongereza Provocative Aggression.

Ingabo z’u Rwanda zivuga ko bariya basirikare ari Cpl Nkundabagenzi Elysée na Pte Ntwari Gad kandi ngo bashimuswe bari ku mupaka w’u Rwanda na Congo bacunga umutekano.

Itangazo ry’ingabo z’u Rwanda rivuga ko zizi neza aho bariya basirikare baherereye kandi rirasaba abayobozi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo kureka gukorana n’imitwe yakoze Jenoside yakorewe Abatutsi kandi bakarekura bariya basirikare.

RDF yahise isaba ko abasirikare bayo barekurwa mu mahoro.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru