Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Inyeshyamba za Tigray zirashijwa kwica abasilive no gufata ku ngufu abagore

Friday 18 February 2022
    Yasomwe na

Umuryango mpuzamahanga Uharanira Uburenganzira bwa muntu, Amnesty International, washinje ingabo z’Ishyaka rya Tigray, TPLF, kwica abasivile, ndetse n’agatsiko k’amabandi kawushamikiyeho kagafata ku ngufu abagore, abandi bagasambanya abakobwa batarageza ku myaka y’ubukure biganjemo ab’imyaka 14 y’amavuko.

Ni ibyaha uyu muryango uvuga ko inyeshyamba za Tigray zakoreye mu migi ibiri ya Chenna na Kobo yo mu karere ka Ahmara umwaka ushize mu gisa no kwihimura ku ngabo za Leta babaga bahanganye.

Indorerezi za Amnesty zavuze ko igihamya giheruka vuba ari uko mu mezi 15 habajijwe abagore 30 bafashwe ku ngufu n’abandi bahohotewe, ibi bikaba byarabaye mu kwezi kwa munani n’ukwa cyenda mu 2021 nyuma yaho inyeshyamba za Tigray zigaruriye imigi ya Chenna na Kobo.

Sarah Jackson, Umuyobozi wungirije wa Amnesty muri Afurika y’Iburasirazuba n’ihembe rya Afurika, no mu karere k’ibiyaga bigari yashinje ingabo za Tigray kugaragaza uburakari n’ubugome bukabije ndetse ko barenze ku mahame mpuzamahanga yo kurengera uburenganzira bwa muntu.

Nibura ngo kimwe cya kabiri cy’abasambanyijwe bavuga ko bavuze ko byakozwe n’ayo mabandi yihishe mu ngabo za Tigray.

Umukobwa w’imyaka 14 yavuze ko ubwo yasambanywaga n’ayo mabandi byanabereye hamwe na nyina, nawe wari urimo gufatwa ku ngufu mu nzu yabo ubu akaba arembye cyane bitewe n’ubugome izo nyeshyamba zabikoranye.

Abaturage bo muri Kobo bavuga ko inyeshyamba za Tigray zicaga abasivile badafite intwaro mu bugome bukabije, zibabwira ko zirimo kwihorera.

Kugeza ubu iyi ntambara ya Ethiopia n’Inyeshyamba za Tigray imaze kugwamo abarenga ibihumbi 10 mu gihe abarenga miliyoni nyinshi bahunze Ingo zabo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru