Sunday . 19 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Iran yatangije ibitero byo ku butaka ku Ba Kurde bo muri Iraq

Thursday 5 March 2026
    Yasomwe na

Urwego rushinzwe ubutasi muri Iran rwatangaje ko rwakoranye n’ingabo za Islamic Revolutionary Guard Corps mu gikorwa cyo gukumira hakiri kare imitwe ishaka ubwigenge ihanganye na Iran ivugwaho gushyigikirwa na USA na Israel, yari igiye kwinjira mu burengerazuba bwa Iran igamije kugaba ibitero by’iterabwoba.

Mu itangazo ryatangajwe n’ikinyamakuru cya Tasnim News Agency, iyo minisiteri yavuze ko ingabo za Iran zagabye ibitero ku birindiro byinshi by’iyo mitwe ndetse zinasenya ibikoresho byayo, bituma ihura n’ibihombo bikomeye.

Iyo minisiteri yongeyeho ko ingabo za Iran zirimo gukorana n’Abanyakurdi yise “abanyacyubahiro” mu rwego rwo kuburizamo umugambi uvugwa ko wateguwe na Israel na Amerika wo kugaba igitero ku butaka bwa Iran.

Mbere y’aho, televiziyo ya Press TV yari yatangaje ko ingabo za Iran zatangije igikorwa cya gisirikare kigamije kurwanya imitwe ishaka ubwigenge iri mu gace k’Abanyakurdi gafite ubwigenge bucagase mu majyaruguru ya Iraq.

Chadadi HABIMANA

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru