Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije, rirasaba urubyiruko gukura amaboko mu mifuka

Monday 15 September 2025
    Yasomwe na

Mu karere ka Nyagatare, mu ntara y’Iburasirazuba, abarwanashyana ba Green Party of Rwanda, bahawe amahugurwa ajyanye n’uburyo bakwiye kwiteza imbere biciye mu mishinga mito irimo ubuhinzi ndetse n’ubworozi, ari nako bigishwa gutera ibiti by’imbuto.



Honorable Masozera Icyizanye umudepite mu nteko ishinga amategeko, akaba umubitsi muri iri shyaka rya Green Party of Rwanda, asaba abahuguwe gukora ibikorwa bibateza imbere, ari naho ahera asaba urubyiruko kuvana amaboko mu mifuka.



Yagize ati"abarwanashyaka turabakangurira kwiteza imbere, kuva mu bukene cyane cyane abagore ari bo benshi mu mibare igize abanyarwanda, n’urubyiruko nabo ni benshi, tubitezeho ko baba umusemburo w’iterambere, bakajya mu mishinga itandukanye, turashishikariza urubyiruko gukura amaboko mu mifuka bagahinga bakizigama, cyane ko na Leta yacu ibashishikariza gushyiraho ibigega.



Ku ruhande rw’abarwanashyaka ba Green Party of Rwanda bo mu karere ka Nyagatare, bavuga ko amahugurwa bahawe agiye kubafasha kwiteza imbere, ndetse no gufasha bagenzi babo.

Ati"icyo numva ngiye gufasha abanyarwanda n’abarwanashyaka muri rusange ni ukwihangira imirimo iduteza imbere, twifashishije ibintu nk’imwanda, tukabifata tukabigira bishyashya".

Aba barwanashyaka Kandi bavuga ko batahanye umukoro wo gutera ibiti bivagwa n’imyaka kuko batari basanzwe bazi uko bikorwa.

Umwe yagize ati"batubwiye mu buhinzi ko tugomba guhinga ibiti bivagwa n’imbuto ziribwa, ntitwari tubizi ariko tuzajya tubikora".

Undi nawe ati"ngiye guhita mfata iya mbere ntangire gutera nk’imbuto za voka, imiyembe, amamapapayi, nge mbigemura ku isoko mbishishikarize urubyiruko twese duhagurikire rimwe twiteze imbere".

Amahugurwa aba banyamurwango bahawe ni ajyanye no kwiteza imbere, aho banigishijwe uburyo bashobora gutangira borora inkoko 10 zikaba zababyarira ibihumbi magana atandatu mu gihe kitarenze umwaka.

Valens Nzabonimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru