Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Joseph Kabila wahoze ayoboye Republika Iharanira Demokrasi ya Kongo yategetse abakuru b’ishyaka rye muri iki gihugu ko bagomba kwiyemeza kuzahora bamwubaha
Bwana Kabila yatumyeho abayoboye ishyaka rye rya FCC (Front Commun pour le Congo) bose uko ari 18 mu rugo rwe ruri hanze y’umurwa mukuru Kinshasa.
Umwe umwe wese yicara imbere ya Bwana Kabila agatera igikumwe ku rwandiko, aho yagombaga kwiyemeza ko azahora amwumvira.
Abayoboye iri shyaka baremeye ko rihinduka rikaba urwego rwa leta.
Iri shyaka FCC ryashinzwe mbere y’uko amatora aba muri Republika ya Demokrasi ya Kongo, rikaba ari ryo ryatahukanye imyanya myinshi mu ntekonshingamategeko y’icyo gihugu. Ibyo bvatumye Bwana Kabila agumana ijabo n’ijambo muri politike ya Kongo.
Bwana Kabila (ibumoso) ashyikriiza ubutegetsi Félix Tshisekedi (iburyo) ubutegetsi ku wa 24 z’ukwa mbere muri uyu mwaka wa 2019
Haciye hafi ukwezi Joseph Kabila ashyikirije ubutegetsi Prezida Félix Tshisekedi yatangajwe ko yatsinze amatora y’umukuru w’igihugu yabaye ku wa 30 ukuboza umwaka ushize wa 2018.
Ibyabaye ku musi w’ejo ku wa gatatu byatumye abatari bake bibaza nimba koko Prezida Tshisekedi ariwe ufite ubutegetsi mu by’ukuri.
Ibyo kandi ni ikindi cyemezo cyuko Bwana Kabila wahoze ari umukuru w’icyo gihugu, afite intego yo kugumana ubutegetsi nubwo yari yemeye kwegura nyuma y’amatora yabayemo ubushyamirane bukomeye.
Src/BBCGAHUZA.COM

















