Mu karere ka kayonza cyi mwe na handi mu gihugu, kuruyu wa kabiri 4 Nzeri 2018 habaye amatora y’icyiciro cyihariye cya bagore aho barimo gutora abazahagarira abandi muntekoshingamategeko umutwe w’abadepite bangana 30%.
Bamwe mu bagore bo mu murenge wa mukarange ni mu kagali ka bwiza aho abagore bahagariye abandi bagiye mu matora bavuga ko batora bagore kugirango bavuganire, Mukangarambe mariya numwe mubatoye avuga ko badepite atazi icyo bakora ariko yumva bavuga ko bazabavuganira agira ati”njyewe mpagariye abagore mumudugudu wa Bisunganye abagore dutoye ndumva bazafatanya nabo twatoye ejo batuvuganire ariko kuvuga ko nzi imirimo bakora naba mbeshye kuko biyamama bavuga ko bazaduha amazi nibindi byishi”.
Mukangarambe akomeza avuga ko kuba atarazi ko mu nteko batora amategeko, ahubwo yarazi ko bafatanya na perezida wa Repeburika kuyobora, ibyo gutora amategeko acyimenye aruko tuvuganya kandi avuga ko yaraziko bazabakorera ubuvugizi.
Ibi byo kuba abagore batazi icyo abadepite abakora bishobora kuba impamvu yo kutitabira amatora nkuko byagaragaye kubyumba bime aho hagaragaye ko bazaga gutora umwe umwe .
Muri aka kagari ka bwiza hari hateganyijwe ko hatora bagore 44 bagize imidugudu 6 kuburyo buri mudugudu havamo inteko itora ingana na 7 abagize inama y’igihugu y’abagore ariko ubwo itwageraga hari abagere kuri 20.
Abandi bateganyijwe gutora ni jyanama y’umurenge ndetse na jyanama ya karere
Umunjyanama atorera mu kagari atuyemo aka kagari ka bwiza hatuyemo abajyanama 2 .
Abiyamaje ni 38 mugihe hagomba gutorwa 6 bazahagarira intara y’iburasirazuba mugihe intara ya jyaruguru hagomba gutorwa 4 muntara ya majyepfo haza torwa 6 n’iburengeazuba 6.
















