Kazungu Denis, uri gukurikiranwaho ibyaha bitandukanye bigera ku 10 yageze mu rukiko yemera ibyaha byose aregwa.
Uyu mugabo benshi batarasobanukirwa n’inkomoko ye n’uburyo yakozemo ibyaha yemera, yageze mu rukiko akimara gusomerwa ibyo aregwa n’ubushinjacyaha abyemera atazuyaje,
ati " Ati mubyo bandeze ntacyo nongeraho byose narabikoze."
Ni iburanisha mu mizi ryatangiriye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 09/02/2024 mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwa Kazungu ukurikiranyweho ibyaha birimo ubwicanyi, gusambanya ku gahato n’iyicarubuzo.
Kuri iyi nshuro, Kazungu yagaragaye mu rukiko yambaye impuzankano y’iroza, y’abagororwa bagifunze by’agateganyo
Ubushinjacyaha bwavuze ko akurikiranyweho ibyaha 10 yakoze mu bihe bitandukanye kuko amakuru yatangiye kumenyekana mu 2022.
Bwagaragaje ko abo yicaga, yabashukishaga amayeri ko agiye kubaha akazi. Abo yagezaga iwe, yabateraga ubwoba, akababwira ko agiye kubica, ko azica n’imiryango yabo nibatamuha ibyo abasabye.
Ni nabyo byatumaga bamwe bamuha amafaranga abandi bakamwandikira ko bamugurishije ibyo batunze mu nzu zabo n’ibibanza.
Bwagaraje ko ibyo bitagarukiye aho ahubwo yamaraga kubona ibyo ashaka ntibimubuze kubica.
Inzu Kazungu yabagamo akanayikoreramo ibyaha akurikiranweho


















