Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Kigali: Barindwi beretswe itangazamakuru bakurikiranyweho kwiba imiti n’ibikoresho byo gupima COVID na Sida

Friday 19 March 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu barindwi bacyekwaho kwiba imiti n’utwuma twifashishwa mu gupima COVID-19 na Sida two mu mavuriro ya Leta bakayicuruza mu mavuriro yigenga.

Ni igikorwa cyabaye i Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Werurwe 2021.

Umwe muri abo bantu yabwiye abanyamakuru ko ibyo yacuruzaga, icyo yakoraga ari ukubiragura abihawe n’abakozi bo muri farumasi za Leta kimwe no mu bakora muri za Laboratwari bakumvikana ku nyungu.

Yakomeje avuga ko yahindukiraga akabicuruza mu mavuriro yigenga no muri za farumasi kimwe no mu bakora mu mavuriro y’ingoboka yigenga (Post de Sante).

Muri abo harimo kandi n’umwe mu bakora muri farumasi y’akarere ka Gasabo, yeruriye itangazamakuru ko yari amaze amezi agera kuri atanu agurisha ibyo bikoresho mu buryo butemewe.

Polisi yavuze ko abenshi mu bakekwaho icyo cyaha ari abikorera bakabyiba babifashijwemo n’abo mu mavuriro ya Leta babifitemo indonke zabo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru