Ubugenzacyaha bw’u Rwanda bwataye muri yombi uwitwa Vital Gasagure usanzwe ushinzwe ibikorwa remezo mu Karere ka Kirehe bumukurikiranyeho ruswa ya Frw 500,000 yatse umushoramari we na mugenzi we muyo bashakaga kumwaka.
Yafunganywe n’uwo RIB yita icyitso witwa Sindikubwabo Evariste.
N’ubwo bafashwe bashinjwa ruswa ingana gutyo, mu by’ukuri bashakaga miliyoni Frw 21,000,000 Frw bakaga rwiyemezamirimo kugira ngo bamuhe isoko.
Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangiza B. Thierry yabwiye abanyarwanda ko Gasagura akurikiranyweho icyaha cyo gusaba no kwakira indonke naho Evariste Sindikubwabo we akurikiranyweho kuba icyitso ku cyaha cyo gusaba no kwakira indonke.
Akarere Kirehe ni kamwe mu dushishikariza ba rwiyemezamirimo kujya gushorayi imari mu guha amazi meza abaturage



















