Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Kirehe: Ikibazo cy’amazi kizaba amateka nibatora ishyaka Green Party

Tuesday 25 June 2024
    Yasomwe na


Ku munsi wa kane hamamazwa umukandida ku mwanya wa Perezida Repubulika y’u Rwanda n’abakandida Depite bo mu ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije Green Party ryasezeranyije abaturage bo mu karere ka kirehe ko nibaramuka babatoye ikibazo cy’amazi kizaba amateka.

Bamwe mu baturage bo mu karere ka kirehe baganiriye na Mamaurwagasabo.rw basabye ko iri shyaka rya Green Party ryazabakemurira ikibazo cy’amazi meza yabuze muri aka karere ngo kuko bakivoma ibirohwa.

Umwe muri aba baturage witwa Rurangwa Antoine utuye mu kagari ka kigasa mu murenge wa Nyamugari yagize ati: "Ikibazo kijyanye n’amazi kiraduhangayikishije, turacyavoma ibizenga by’imvura kubalera ko hirya no hino mu mirenge twabuze amazi, ibyo uyu mukandida avuze bijyanye n’amazi aramutse abishyize mu bikorwa nta muntu utamutora rwose twaba dusubijwe, kuko usanga bubaka amarobine ariko ugasanga nta mazi arimo, bityo tukajya kuvoma mu ishanga."

Undi muturage witwa Kanyenduga Charles, utuye mu murenge wa Mushikiri yagize ati: "Abayobozi nibamanuke baze mu cyaro iwacu kuko hari ibibazo byinshi byingutu twifuza ko badukemurira, iri shyaka numvise bavuga ko bazatugezaho amazi meza asukuye, nahise nishimye kuko hano iwacu muri kirehe iki kibazo tukimaranye igihe kirekire batubwira ngo amazi azatugeraho ariko amaso yaheze mu kirere, Dr frank Habineza ibyo yavuze bishizwe mu bikorwa atari ukubivuga gusa twabyishimira cyane."

Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Hon Dr Frank Habineza yavuze nibaramuka bamutoye azabakemurira ikibazo cy’amazi buri Munyarwanda wese akazajya abona amazi meza yo kunywa.

Yagize ati: "Muracyafite ikibazo cy’amazi hano muri kirehe (....) turashaka ko buri Munyarwanda wese agomba kujya abona amazi meza yo kunywa byibuze amajerekani atanu ku munsi, buri wese akagira uburengenzira ku mazi meza, by’umwihariko hano muri kirehe ubundi twebwe inshingano yacu ni ukurengera ibidukikije, kuko amazi n’ubuzima, muzatore Green Party ibagezeho ibyiza byinshi."

Mu bindi bibazo Dr Frank Habineza yagarutseho azakemura muri kirehe harimo ikijyanye no kuzafungura imipaka ikajya iba nyabagendwa ku baturage bose by’umwihariko abaturiye Tanzania, ndetse ngo azubaka uruganda rutunganya ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi muri buri murenge nibaramuka bamugiriye icyizere.

Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (Green Party) ejo tariki ya 26 Kamena 2024 rirakomereza ibikorwa byo kwiyamamaza mu karere ka Gatsibo na Nyagatare.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru