Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Kivu Beach Expo na Festival bigiye gukomereza mu Rutsiro

Saturday 15 November 2025
    Yasomwe na

Mu rwego rwo gukomeza imyiteguro y’iserukiramuco n’imurikagurisha ryiswe Kivu Beach Expo And Festival byateguwe na Yirunga LTD ifatanyije n’akarere ka Rutsiro kikazabera mu murenge wa Boneza mu rwego rwo kuzamura ibikorwa by’ubukerarugendo bushingiye ku muco muri aka karere.


Mu karere ka Rutsiro hamwe mu hantu hamaze kugezwa inyubako nziza.

Bamwe mu bafite ibikorwa by’ubukerarugendo muri uyu murenge byumwihariko mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu barimo na Hon Odette Nyiramirimo ufite Hotel yitwa Ruchel na mugenziwe ufite KaySun Hotel ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu bavuze ko iki gikorwa bacyishimiye cyane mu rwego rwo kuzamura ubukerarugendo muri aka karere kandi bakaba bakitezeho kuzamura umubare w’abahagana.

Harimo umukino wo gukataza (Hiking) aho abasiganwa bagenda 20km, uyu umukino uzatangiza Expo usorezwa kuri Palega Beach Inn, umukino umeze nka Tenis Badmethon uzakinirwa kuri Kay Sun Hotel ibarizwa ku gice cy’amahoteli cya Kariba, amarushanwa yo gutwara amato.


Hari ahantu nyaburanga ho gusura muri Rutsiro.

Umuyobozi w’umurenge wa Boneza Munyamahoro Muhizi Patrick aganira n’itangazamakuru yavuze ko iki gikorwa giteganyijwe mu mpera z’uyu mwaka kizatuma akarere ka Rutsiro by’umwihariko Umurenge wa Boneza uza ku rundi rwego mu rwego rw’ubukerarugendo bushingiye ku muco.

"Aha hari ibyiza byinshi nyaburanga bigaragara muri uyu murenge birimo ikiyaga cya Kivu, ibirwa bito n’ibinini, inka z’inyambo zizwi kuba i Nyanza ariko izo muri uyu murenge zo zikaba zifite umwihariko wo koga zikambuka i Kivu, Inyoni n"ibiti bitandukanye biba mu birwa byo mu mazi rwagati n’ibindi byinshi birimo amahoteri agezweho byose bitatse inkengero z’ikiyaga cya Kivu".


Palega Beach Inn ahazabera Expo.

Ibirori bya Kivu Beach Expo and Festival biteganyijjwe kuzaba mu ntangiriro z’ukwezi k’Ukuboza kuva kuwa 09-15/12/2025 bikazabera mu busitani bugari bwa Palega Beach Inn ahitegeye neza ikirwa cya Bugarura gituwe n’abaturage basaga 2,000.

Muri Kivu Beach Expo and festival i Rutsiro bwa mbere hazabera ibirori by’Ubwato
Boat Party kuwa 13-14/12/2025 aho abazabyitabira bazasusurutswa n’abahanzi batandukanye n’abavanga umuziki bagezweho bazaba bavanga umuziki ari nako abitabiriye barya banywa mu kiyaga rwagati.

Mahirwe Eulade

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru