Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Koreya: Inkingo zigeze ku bana b’imyaka 5

Wednesday 23 February 2022
    Yasomwe na

Inzego z’Ubuzima muri Koreya y’Epfo zatangaje ko hagiye gukoreshwa urukingo rwa Phizer mu gukungira COVID-19 abana bafite imyaka iri hagati ya 5 na 11, mu rwego rwo kuzamura ubudahangarwa bw’abaturage.

Iyi ngingo bayifashe nyuma yaho virusi yihinduranyije, ya Omicron ishegeshe iki gihugu igashyira mu bitaro ibihumbi amagana abandi ikabatwara ubuzima.

Kugeza ubu ikigo cyo gukumira ibyorezo muri Koreya (KDCA) kivuga ko umunsi umwe wo kuri uyu wa Gatatu yanduye abantu 171,452. Kuva tariki 31 Ukuboza 2021 hamaze gupfa abantu 99 bitewe na virusi yohimduranyije ya Delta yari ikibazahaje, imikorere y’ibitaro yarananiwe.

Abarwayi barenga 500 kugeza ubu bari hagati y’urupfu n’umupfumu, kuva hagati muri Gashyantare, 2022.

Ibi byatumye Minisiteri ishinzwe ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti ivuga ko urukingo rwa Phizer rugiye kwifashishwa nk’urukingo rwa mbere ku bana bafite imyaka 5 kugeza 11 kuva muri uku kwa Gatatu.

Kugeza ubu Phizer ikoreshwa mu bihugu birenga 60 ku isi nk’urukingo rw’ibanze ku bana bari muri icyo kigero, mu bihugu birimo Amerika, ibyo mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi n’ibindi.

Akenshi abana bato bafatwa nk’abakwirakwiza virusi ya Covid-19 mu gihe usanga kandi bo itabazahaza, muri Koreya y’Epfo.

Muri iki gihugu kandi bageze ku baturage 86.4% bakingiwe, uhereye ku bafite imyaka 12, bivuze abarenga miliyoni 51 zakingiwe, naho 60% byayo bafashe urukingo two gushimangira.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru