Nikuze kuri ubu witabiriye imurikagurisha ku shuro ya 20 ririmo kubera Gikondo arishimira umwuga wo kuboha uduseke n’indi mitako iboshye Nikuze Julie utuye mu Karere ka Ruhango avuga ko kuboha agaseke byatumye kuko bimutunze.
Nikuze ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru mamaurwagasabo.rw yagize ati ”Natangiye kuboha mu mwaka wa1980 ariko ntacyo byari bimariye kuko narabohaga nkatwerera umukobwa igiseke azajyana gushyingiranwa, ariko kuva mu mwaka wa 2004 ni bwo natangiye kuboha agaseke by’umwuga nkakagurisha, njya mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya n’abandi bagore”.
Nikuze akomeza avuga ko gukorera mu itsinda bise Dufatanye byatumye barushaho kwigishanya, n’ushaka kubagurira akabasanga hamwe.
Kuri ubu atunzwe no kuboha igiseke, yujuje inzu igezweho kuko afite amazi, umuriro mu rugo bituma abana biga neza ndetse ntibajya kuvoma kure bigatuma gutsinda neza.
Nubwo Nikuze yishimira ko yateye imbere kubera kuboha igiseke asanga isoko ry’ibyo baboha ridahagije.
Ati ”ibyo tuboshye bibura abaguzi, n’uje kutugurira akaduhenda kuko ni we ubagenera igiciro atitaye ku byo tuba twashoye. Leta idufashije hakabaho uburyo bw’ibiciro no kudushakira isoko rihagije twarushaho gutera imbere nk’uko tubyifuza.”
Mutesi Scovia
















