Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Leta igiye kwifashisha abacamanza bigenga mu kugabanya imanza

Friday 9 February 2024
    Yasomwe na

Guverinoma irimo kwiga uburyo bwo kuburanisha zimwe mu manza z’ibyaha mu nkiko yifashishije abacamanza bigenga.

Minisitiri w’Ubutabera yasobanuye ko bitakirwa ku manza zose ahobwo ari ku manza z’ibyaha byoroheje.

Ibi ngo ni nk’uburyo buzafasha mu kugabanya umubare w’imanza zitinda gufatwaho umwanzuro n’ubucucike mu magarorero.

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja Emmanuel yabibwiraga Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside, kuri uyu wa Kane.

Ibi Leta y’u Rwanda irabitekereza mu gihe imiryango itari iya leta nayo isaba inzego z’ubutabera kutihutira gufunga abakekwaho n’abahamijwe ibyaha ahubwo hagatekerezwa ku bundi buryo umuntu yahanwa ariko ari hanze.

Urugero no Umuryango Rwanda Bridges to Justice
ubwo waganiraga n’inzego z’ubutabera zirimo RIB n’ubushinjacyaha wavuze ko izi nzego zigomba gukoresha ubundi buryo bwo guhana butari ubwo gufunga gusa nk’uko amategeko abiteganya.

Kugabanya umubare w’imanza zitinda gufatwaho umwanzuro, ubucucike mu magarorero, ni bimwe mu bibazo byaganiriweho cyane.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru