Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Leta igiye kwifashisha abacamanza bigenga mu kugabanya imanza

Friday 9 February 2024
    Yasomwe na

Guverinoma irimo kwiga uburyo bwo kuburanisha zimwe mu manza z’ibyaha mu nkiko yifashishije abacamanza bigenga.

Minisitiri w’Ubutabera yasobanuye ko bitakirwa ku manza zose ahobwo ari ku manza z’ibyaha byoroheje.

Ibi ngo ni nk’uburyo buzafasha mu kugabanya umubare w’imanza zitinda gufatwaho umwanzuro n’ubucucike mu magarorero.

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja Emmanuel yabibwiraga Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside, kuri uyu wa Kane.

Ibi Leta y’u Rwanda irabitekereza mu gihe imiryango itari iya leta nayo isaba inzego z’ubutabera kutihutira gufunga abakekwaho n’abahamijwe ibyaha ahubwo hagatekerezwa ku bundi buryo umuntu yahanwa ariko ari hanze.

Urugero no Umuryango Rwanda Bridges to Justice
ubwo waganiraga n’inzego z’ubutabera zirimo RIB n’ubushinjacyaha wavuze ko izi nzego zigomba gukoresha ubundi buryo bwo guhana butari ubwo gufunga gusa nk’uko amategeko abiteganya.

Kugabanya umubare w’imanza zitinda gufatwaho umwanzuro, ubucucike mu magarorero, ni bimwe mu bibazo byaganiriweho cyane.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru