Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Ahagiye kuburanishirizwa CG (Rtd) Gasana umutekano wakajijwe

Friday 10 November 2023
    Yasomwe na

Mu masaha y’ikigitondo cya tariki ya 10 Ugushyingo umutekano wakajijwe ku Rukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare ahagiye kuburanishirizwa ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya CG (Rt) Emmanuel Gasana.

Ubushinjacyaha bumurega gukoresha ububasha yahawe n’amategeko mu nyungu ze ‘bwite’ mu gihe yari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba yakuwe kuri uwo mwanya kugira ngo abashe gukurikiranwa.

Umunyamakuru wacu wageze ku Ngoro y’urwo Rukiko i Nyagatare yasanze CG (Rtdd) Gasana yageze aho aburanira hakiri kare cyane kuko haburaga byibura amasaha abiri ngo iburanisha nyirizina ritangire.

Inzeo z’umutekano za Polisi zakajije umutekano ku modoka zamuherekeje ari nako akarere nako kabizifashijemo ku rundi ruhande.

Hari amabwiriza akomeye yatanzwe na Perezida w’urukiko asinywa n’umwanditsi Mukuru ku bitabira uru rubanza harimo ko nta mafoto cyangwa amashusho byemewe gufatwa n’umuntu utabifitiye uburenganzira.

Nta munyamakuru n’umwe wigeze amufotora agera ku rukiko, nta n’uwigeze amubona asohoka mu modoka ya RIB.

Ikindi ni uko hari ibice bimwe by’urukiko umuntu atari yemerewe kugeramo.

Abanyamakuru bemerewe kwinjira mu cyumba cy’iburanisha nta gikoresho na kimwe cy’ikoranabuhanga bafite, yaba telefoni, mudasobwa cyangwa se camera.

Bidatinze nibwo Gasana yinjiye yambaye ikote n’ipantalo by’umukara.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ko usibye abanyamakuru bari bahari, abandi bari abo mu muryango we.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru