Mutunfgirehe Samuel
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel yemeye ko mu Rwanda habonetse abanyamahanga bagera kuri 12 bafite virusi y’igikatu baturutse mu Bwongereza n’abandi 10 bafite virusi ya corona yihinduranyije iherutse kuboneka muri Afurika y’Epfo.
Yabitangaje kuri iki cyumweru, tariki ya 21 Werurwe 2021 kuri Radio y’Igihugu agaragaza uko ishusho y’iki cyorezo ihagaze kugeza ubu n’uko inkingo ziri gutangwa.
Dr. Ngamije yavuze mu bipimo 400 byafashwe mu cyumweru gishize, Minisiteri y’Ubuzima yabonye abagera kuri 12 barimo abafite virusi bita iyo mu Bwongereza babiri ( B.1.1.7) n’abandi 10 bafite virusi yitwa iya Afurika y’Epfo (B.1.351).
Yakomeje agira ati: “Abantu ntibakwiye kugira impungenge. Abo barwayi bose babonyweho izo virusi zidasanzwe bari abagenzi binjiraga mu Gihugu kandi bashyizwe ku ruhande (isolation) aho bakurikiranwa kugira ngo ubwo bwandu budakwira mu bandi bantu.”
Yakomeje avuga ko bavuwe neza kugeza bakize bafatwa ibindi bipimo basanga nta corona iyo ari yo yose bagifite mu mubiri.
Akomeza agira ati “Icyo navuga ni uko kuva muri Kanama umwaka ushize twongereye ubushobozi bwacu mu buryo bwo gukurikirana no gusuzuma imiterere ya Koronavirusi, uko iri mu gihugu dukora ibizwi nko gushaka amakuru yimbitse ku miterere ya virusi, (bizwi nka Sequencing) kuko virusi zishobora kugira igisekuru kimwe ariko ishami rimwe ry’icyo gisekuru akaba ari ryo rigira virusi yahinduye imiterere ku buryo igira ubukana kurusha izindi ziva ku gisekuru kimwe.”
Minisitiri w’Ubuzima yongeye kwizeza Abanyarwanda n’abaturarwanda ko nta muntu mu Rwanda uragaragaraho imwe muri izo virusi zihinduranyije aturutse imbere mu gihugu.
Ati “Kugeza ubu COVID-19 isanzwe twabonye kuva muri Werurwe 2020 ni yo dufite mu gihugu, ni yo abantu bagenda banduzanya, ariko ubu bwoko bushya ntabwo turabona mu gihugu imbere kandi dukurikirana amakuru.”
U Rwanda ruri mu bihugu 25 ku Isi bitanga amakuru ku kijyanye na Sequencing za virusi za covid-19 ndetse muri Afurika ni ibihugu bitatu gusa bitanga ayo makuru.


















