Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Jeannette Kagame n’umugore wa Infantino basuye ishuri ryigisha umupira w’amaguru

Friday 17 March 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Madamu Jeanette Kagame n’umugore wa Perezida wa FIFA, Leena Infantino, basuye ishuri ryigisha abana umupira w’amaguru ryashinzwe na Jimmy Mulisa ryitwa "Umuri Foundation".

Ni igikorwa cyahuriranye no kuba mu Rwanda harimo kubera Inteko Rusange ya 73 ya FIFA aho yitabiriwe n’ibihangage bikomeye ku Isi muri ruhago ndetse yamaze no kwemeza ko uyu Infantino ariwe ugomba gukomeza kuyiyobora kugeza muri 2027.

Jimmy Mulisa washinze Umuri Foundation avuga ko nyuma yo kubona ko abana batandukanye bifuza gukina ruhago ariko bakagorwa n’ubukene, yahisemo gushinga iryo shuri mu rwego rwo kubakundisha ishuri binyuze mu mupira w’amaguru.

Yagize ati: "Umupira w’amaguru ni intwaro ikomeye ishobora gukura abana ku muhanda, nta gishimisha aba bana mubona nko gukoranira hamwe bakina ruhago; duhereye kuri uru ruzinduko dushobora kubaganiriza bagahindura imibereho yabo, iy’imiryango yabo bagasubira ku ishuri. Ni ibyo twese twifuza."

Mulisa akomeza avuga ko atazibagirwa urugendo rwe rwa ruhago rwatangiriye ku muhanda, akizera ko byamufasha cyane aramutse asubiye ku muhanda akabakurura akabazana kubereka impano zikomeye muri ruhago y’Isi zabafasha kuba ibihangane mu hazaza habo.

Bamwe mu basuye iri shuri ryigisha umupira w’amaguru barimo uwitwa Cafu wigeze gutwara ibikombe by’Isi 2, yavuze ko gusura aba bana ari ingenzi.

Ati: "Ni iby’agaciro gakomeye kuza mu Rwanda tukaganira n’abana no kumenya akazi Mulisa Jimmy na Umuri Foundation ye bari gukora. Ruhago ni intwaro ishobora guhindura ubuzima bw’abantu ndetse wanabibona uburyo aba bana bari guhabwa uburezi, biga amasomo azahindura ubuzima bwabo bwose."

Umunya-Afurika y’epfo Potria Modise yashimiye Mulisa Jimmy watangije Umuri Foundation ndetse yerekana ko ari iby’agaciro kubona abana b’abakobwa bakina ruhago baterwa akanyabugabo na basaza babo.

Ati: "Twumvise ukuntu ubuzima bw’aba bana bwahindutse biciye mu gikorwa cya Mulisa, bibatera imbaraga no kubaha icyizere cy’iterambere mu buzima bwabo bw’ahazaza."

Iri shuri rya Umuri Foundation ni irerero ryashinzwe na Mulisa Jimmy mu 2018 wakanyujijeho mu mupira w’amaguru muri APR FC n’andi makipe atandukanye ku Mugabane w’iBurayi ndetse no mu kipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi. Uyu kandi yigeze no kuba umutiza wa APR fc.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru