Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Mama mbabarira cyane rwose-The Ben asaba imbabazi zo kwanika inda y’umugore we

Monday 30 December 2024
    Yasomwe na

Umuhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda, Mugisha Benjamin, uzwi nka The Ben yasabye imbabazi Mama umubyara anazisaba Abanyarwanda muri rusange nyuma yo gukorwa n’isoni zo kwanika inda y’umugore we ku gasozi, byongeye y’imvutsi bw’imfura bagiye kwibaruka.

Uyu muhanzi wari umaze umwaka ashyingiwe na Pamela, aherutse gusohora indirimbo irimo amashusho ye n’umugore we bashyize inda hanze y’imvutsi bereka abantu ko bagiye kwibaruka umwana w’imfura.

Ni amashusho atararyoheye benshi kuri uwo mwanzuro bafashe, ndetse abataripfana nk’uwoyita Imandwa Nkuru y’u Rwanda, Rutangarwamaboko arabigaya, avuga ko bitandukiriye Umucyo nyarwanda.

Rutangarwamaboko yagize ati “Utwite aratwikira ntatwika ngo yimanukire ejo kuzamuka byamugora amagarukirane muri rwa ruziga rw’ubuzima butazima. Inda y’umubyeyi irubahwa ikubahirizwa ntiyanikwa ku gasozi."

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru gutegura igitaramo cyo gushyira hanze umuzingo we kizaba tariki ya Mbere Mutarama 2025, The Ben yasabye imbabazi, cyane cyane Mama we.

Ati ” Mama mbabarira rwose, yampamagaye ababaye cyane. Ntabwo yigeze abyishimira."

The Ben ariko yongeyeho ko we n’umufasha we bajya gufata ayo mashusho bumvaga ntacyo bitwaye ndetse magingo aya bakaba bumvaga ntacyo bishinja.

Samuel Mutungirehe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru