Umuhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda, Mugisha Benjamin, uzwi nka The Ben yasabye imbabazi Mama umubyara anazisaba Abanyarwanda muri rusange nyuma yo gukorwa n’isoni zo kwanika inda y’umugore we ku gasozi, byongeye y’imvutsi bw’imfura bagiye kwibaruka.
Uyu muhanzi wari umaze umwaka ashyingiwe na Pamela, aherutse gusohora indirimbo irimo amashusho ye n’umugore we bashyize inda hanze y’imvutsi bereka abantu ko bagiye kwibaruka umwana w’imfura.
Ni amashusho atararyoheye benshi kuri uwo mwanzuro bafashe, ndetse abataripfana nk’uwoyita Imandwa Nkuru y’u Rwanda, Rutangarwamaboko arabigaya, avuga ko bitandukiriye Umucyo nyarwanda.
Rutangarwamaboko yagize ati “Utwite aratwikira ntatwika ngo yimanukire ejo kuzamuka byamugora amagarukirane muri rwa ruziga rw’ubuzima butazima. Inda y’umubyeyi irubahwa ikubahirizwa ntiyanikwa ku gasozi."
Mu kiganiro yahaye abanyamakuru gutegura igitaramo cyo gushyira hanze umuzingo we kizaba tariki ya Mbere Mutarama 2025, The Ben yasabye imbabazi, cyane cyane Mama we.
Ati ” Mama mbabarira rwose, yampamagaye ababaye cyane. Ntabwo yigeze abyishimira."
The Ben ariko yongeyeho ko we n’umufasha we bajya gufata ayo mashusho bumvaga ntacyo bitwaye ndetse magingo aya bakaba bumvaga ntacyo bishinja.
Samuel Mutungirehe


















