Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Menya itandukaniro ry’Impeta z’Ishimwe zimaze guhabwa abagera ku 3000

Sunday 29 January 2023
    Yasomwe na

Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’ishimwe CHENO ruvuga ko mu Rwanda hari impeta z’ishimwe zirindwi zihabwa abantu batandukanye bitewe n’ibyo bakoze.

Ubusanzwe impeta y’ishimwe ni ikimenyetso cy’ishimwe umuntu ahabwa n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu kubera ibikorwa by’ikirenga yakoze bifitiye abandi akamaro.

Umuyobozi Mukuru wa CHENO, Nkusi Deo, yavuze ko mbere yo guhabwa impeta z’ishimwe bisaba kwemezwa n’uru rwego bigashyikirizwa Inama y’Abaminisitiri kugira ngo irwemeze burundu nyuma yo kubakoraho ubushakashatsi.

Ati “Iyo tumaze gukora ubushakashatsi hari izindi nzego zibemeza. Iyo bamaze kwemezwa nibwo bitangazwa ku mugaragaro.”

Yavuze ko kuri ubu abasaga 3000 barimo abanyamahanga n’abanyarwanda bahawe impeta z’ishimwe kuva zatangira gutangwa.

U Rwanda rufite impeta y’ishimwe ryo kubohora igihugu yiswe ‘Uruti’ ihabwa abanyarwanda n’abanyamahanga bagize uruhare mu kubohora Igihugu hakaba n’impeta y’ishimwe ryo kurwanya Jenoside izwi nk’Umurinzi ihabwa abanyarwanda n’abanyamahanga bagize uruhare mu kurwanya no guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi.

Izi ni nazo zatangiye gutangwa mbere ndetse zimaze guhabwa abasaga ibihumbi bitatu barimo n’abanyamahanga.

Hari impeta y’icyubahiro “Agaciro’ iyi ihabwa umuyobozi w’Igihugu cyangwa uwa guverinoima, umukuru w’Umuryango Mpuzamahanga cyangwa umuyobozi ku rwego rw’ikirenga waranzwe n’ibikorwa biteza imbere inyungu z’u Rwanda muri politiki, mu bukungu n’imibereho myiza y’abaturage haba mu Rwanda cyangwa ku rwego mpuzamahanga.

Iyi mpeta kuri ubu imaze guhabwa umuntu umwe gusa kuko muri Kamena 2022, Perezida Kagame yayambitse Umunyamabanga Mukuru wa ITU, Houlin Zhao, amushimira umusanzu we nk’Umuyobozi w’uyu muryango mu kwimakaza ikoranabuhanga mu itumanaho ku Isi.

Impeta y’ubucuti “igihango’ iyi ihabwa umuntu cyangwa itsinda ry’abantu bagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa mu gutsura umubano n’ubutwererane hagati y’u Rwanda n’ibindi bihugu kandi watumye u Rwanda rugira isura nziza ku rwego mpuzamahanga.

Impeta z’Igihango

Iyi mpeta imaze guhabwa abantu icyenda, barimo abanywanyi b’u Rwanda Hezi Bezalel, Howard G. Buffett, Gilbert Chagoury, John Dick, Paul Farmer, Alain na Dafroza Mukarumongi Gauthier, Linda Melvern na Joseph Ritchie, kubera ibikorwa by’indashyikirwa by’ubugiraneza no guharanira ko ukuri kw’ibyabaye mu Rwanda kumenyekana.

Hari kandi impeta y’ubwitange ihabwa umuntu cyangwa itsinda ry’abantu bakoze ibikorwa mu buryo bw’intangarugero birimo ubwitange buhebuje batitaye ku buzima bwabo kugira ngo bakize umuntu umwe cyangwa benshi.

Impeta z’Ubwitange

Iyi mpeta yiswe Indengabaganizi imaze guhabwa abantu babiri aribo abasirikare babiri bari bafite Ipeti rya ‘General’ ubwo bari mu Ngabo za Loni zari zishinzwe kubungabunga Amahoro mu Rwanda (MINUAR) mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga, mu rwego rwo kubashimira ubwitange bagaragaje mu kurinda abasivili mu bihe bibi.

U Rwanda kandi rufite impeta y’indashyikirwa ihabwa umuntu cyangwa itsinda ry’abantu bagaragaje ibikorwa by’intangarugero birimo guhanga ibishya bizamura iterambere ry’igihugu nubwo nta muntu urawuhabwa kugeza uyu munsi.

Hari kandi impeta y’Indangamirwa ihabwa abantu bagaragaje ibikorwa by’intangarugero biteza imbere umuco nyarwanda.

Impeta z’Indangamirwa

Izi mpeta zose zitangwa ku rwego rw’Igihugu na perezida wa Repubulika cyangwa undi abihereye ububasha.

Abanyarwanda bashishikarizwa gukomeza gukora ibikorwa by’ubutwari mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza umunsi w’intwari ku nshuro ya 29 hagendewe ku nsanganyamatsiko ‘Ubutwari mu banyarwanda agaciro kacu.’

Impeta z’Agaciro

Impeta z’Umurimo

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru