Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Minisitiri Dr. Ngamije yabaye Umuyobozi Mukuru muri Guverinoma wemeye gukingirwa COVID-19 ku mugaragaro

Friday 5 March 2021
    Yasomwe na

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel yabimburiye abandi bayobozi bakuru muri Guverinoma y’u Rwanda wemera gukingirwa urukingo rwa COVID-19 ku mugaragaro.

Ni igikorwa yafunguriye ku mugaragaro ku bitaro bya Masaka by’akarere ka Kicukiro, hakingiriwe abaozi batandukanye b’ibitaro n’abaturage bari mu kiciro cy’abari gufata inkingo ku ikubitiro.

Minisitiri Ngamije nyuma yo gukingirwa yahumurije abaturage bagifite impungenge zo kwikingiza, ababwira ko urukingo rwa Covid-19 nta ngaruka rufite ko n’uwo rwagiraho ingaruka ari izisanzwe kandi yahita yitabwaho n’abaganga agakira.

Ati “Ubu meze neza maze iminota 30 nkingiwe kandi nta ngaruka numva.”

Yanibukije kandi abakingiwe ko bitavuze ko bagomba guhagarika kubahiriza amabwiriza, ngo kuko hakiri umubare munini wo gukingirwa kugira ngo abantu babashe gusubira mu buzima busanzwe.

Kuri uyu wa Gatanu kandi u Rwanda rwahawe izindi nkingo ibihumbi 50 zitanzwe na Leta y’Ubuhinde ku mubani mwiza ifitanye n’u Rwanda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru