Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Mu bahitanywe n’ibiza bamwe baburiwe irengero, inzu zirenga 5000 zasenyutse

Thursday 4 May 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Umuvuguzi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko abantu 130 aribo bamaze guhitanwa n’ibiza batewe n’imvura mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru ndetse n’Amajyepfo, mu gihe batanu baburiwe irengero naho inzu zirenga ibihumbi 5000 zirasenyuka.

Ni ibiza byaturutse ku mvura yaguye mu ijoro rishyira tariki ya 3 Gicurasi 2023 aho yibasiye cyane Intara y’Iburasirazuba n’Amajyaruguru. Nibwo bwa mbere mu Rwanda iyi myuzure ihitanye abantu bangana gutya.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mu kiganiro "Twibature, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Gicurasi 2023, Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Alain Mukuralinda yavuze ko abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ibiza bamaze kuba 130 mu gihe batanu ariko babuze bakomeje gushakishwa.

Yagize ati :"Turimo gusubira Rubavu tugiye kureba uko abaturage baramutse ariko amakuru dufite abantu bagomba kumenya nuko abantu 130 bamaze kwitaba Imana, abantu 77 bakomeretse barimo kwitabwaho, 36 bakaba bari mu bitaro, ndetse hari 5 babuze dukomeje gushakisha, dufatanyije n’inzego zitandukanye, turagenda tumenya amakuru mu masaha ari imbere."

Umuvugizi wa Guverinoma wungirije yavuze kandi ko bakomeje gufata mu mugongo ababuze ababo muri ibi biza ndetse ngo Leta irakomeza kubafasha.

Mu karere ka Rubavu ubwako abapfuye ni abantu 26, Rutsiro 27, Karongi 16, Ngororero 23, naho Nyabihu yabuze abantu 18.

Mukuralinda yakomeje avuga ko Intara y’Amajyaruguru n’Ibirunzgerazuba aribo bibasiwe cyane ngo kuko ahandi hose abapfuye bari munsi y’icumi.

Minisitiri W’Intebe, Dr Edouard Ngirente yageze mu Ntara y’Iburengerazuba mu karere ka Rubavu aho yifatanyije n’imiryango yaburiye ababo mu gushyingura abazize iyi myuzure.

Ni nyuma y’ubutumwa bw’Ihumure Umukuru w’Igihugu Paul Kagame yanyujije ku rubuga rwe rwa Tweeter , yihanganisha imiryango yagizweho ingaruka n’ibiza, aho yavuze ko bazafashwa mu buryo ubwo aribwo bwose, uko leta ishoboye.

Usibye abantu babuze ubuzima, ibikorwa remezo byangiritse birimo imihanda, amashuri, ibiro bya Leta n’ikigo cy’ubuvuzi bw’ibanze (post de Sante) ibihingwa bitandukanye ndetse n’amatungo yagiye atwarwa n’amazi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru