Intamwe ya kabiri ari nayo ya nyuma yaburaga ngo gahunda Ubwongereza bufitanye n’u Rwanda ishyirwe mu bikorwa iragerwaho vuba.
Mu minsi ishize Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yavugaga ko atewe impungenge n’itora rizakorwa n’icyiciro cya nyuma cy’Inteko Ishinga Amategeko kuri gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, ikaba ari nayo ntambwe ya nyuma.
Minisitiri mu Bwongereza ufite mu nshingano abinjira mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko, Michael Tomlinson yavuze ko uyu mushinga uri bugarurwe imbere y’Inteko Ishinga Amategeko nyuma abayigize bari bamaze igihe mu kiruhuko.
Ati: “Uyu mushinga, ejo uragaruka imbere y’Inteko."
Avuga ko Guverinoma yabo iri gukora uko ishoboye kugira ngo igarure uyu mushinga wa gahunda y’u Rwanda imbere y’Inteko kugira ngo indege izabashe guhaguruka yerekeza i Kanombe mu Rwanda.
Mu kiganiro yahaye umunyamakuru wa BBC, Laura Kuenssberg, Minisitiri Tomlinson yavuze ko kuba uyu mushinga ugarutse mu Nteko bigaragaza ko hari igisubizo kuri gahunda ijyanye n’u Rwanda.
Ati: “Bivuze ko mu gihe cya vuba indege ishobora guhaguruka."
Muri iyi gahunda Ubwongereza burashaka kugabanya umubare w’ababwinjiramo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bakajya babanza gusuzumirwa dosiye n’impamvu zabo bari ahantu hizewe umutekano, ari nako bahisemo u Rwanda.


















