Mu gitondi cyo kuri uyu wa Kane, bamwe mu bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto bazwi nk’Abamotari bo mu Mujyi wa Kigali baramukiye mu muhanda bakora igisa n’imyigaragambyo yo gusaba ko ibibazo bakomeje guhura nabyo mu kazi kabo bivugutirwa umuti, birimo ibya Mubazi baherutse guhabwa, ubwishingizi bukomeje kuzamura ibiciro n’ibindi.
Mu ntangiriro z’uku kwezi hatangijwe ku mugaragaro ikoreshwa rya mubazi ku bamotari bose bo mu Mujyi wa Kigali basabwe kuyifashisha mu kwishyuza amafaranga y’ingendo.
Nyuma y’iyi gahunda yatangijwe ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 07 Mutarama 2022, kuri uyu wa Kane tariki 13 Mutarama 2022 bamwe mu Bamotari baramukiye mu myigaragambyo basaba ko ibibazo biri muri iyi gahunda bishakirwa umuti.
Iyi myigaragambyo yabereye mu Mujyi rwagati munsi y’ahazi nka DownTown hafi y’ahahoze Gereza ya Nyarugenge izwi nka 1930.
Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’abamotari ntaraboneka kuri telefone ngo atangarize Abanyarwanda icyo bagiye gufasha abo bamotari.















