Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more
  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more

Muhanga: Abajura bitwikira umwijima bakambura abaturage

Wednesday 21 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Muhanga, umurenge wa Nyamabuye, mu gace kazwi nko mu ’Kibiligi’, baravuga ko bahangayikishijwe n’abajura bitwikira umwijima wo ku mugoroba bakabambura utwabo.

Uyu mwijima, nk’uko babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo, uterwa nuko amatara yo ku muhanda agenewe kumurika nijoro amaze amezi abiri yarapfuye.

Umwe mu bafite iki kibazo, Uwihoreye Ignace, utuye mu kagari ka Gitarama yagize ati: "Abajura baraturembeje; mu masaha y’ijoro batangira gufata abantu bakabambura kubera umwijima uri hano, amatara ntaheruka kwaka, turasaba ubuyobozi gukurikirana iki kibazo."

Undi muturage witwa Uwimana Vestine yagize ati: "Hariya hafi ku muhanda ugana muri gare ntiwahanyura n’ijoro, saa kumi n’ebyiri njye mba nageze mu rugo."

Aba baturaga bakomeza bavuga ko nubwo bafite irondo ry’umwuga ariko ridahagije kuko ritabera hose icyarimwe, bakifuza ko akarere kakongeramo izindi ngufu kugira ngo babashe kujya bagenda bisanzuye bafite umutekano usesuye mu gihe amatara atarakorwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Madamu Kayitare Jacqueline yabwiye umunyamakuru wa mamaurwagasabo ko ikibazo cy’uyu mwijima ugaragara mu Mukibiligi cyatewe na Transformer y’amashanyarazi imaze igihe yarahiye.

Asobanura ko bari mu buryo bwo gutanga amasoko kugira ngo hagurwe indi.

Yagize ati: Turimo gushaka uburyo bwo kuyisimbuza kandi hari inzira dutangamo amasoko; biri mu nzira nziza, ndetse turasaba abaturage kuba bifashisha amatara yo mu rugo iwabo mu gihe tutarashyiramo indi Transformer. Mu minsi mike bizaba byakemutse."

Abajijwe ku kijyanye n’ubujura yagize ati: "Buri muturage wese aba agomba kwicungira umutekano natwe ubuyobozi dufite inshingano zo gukomeza kurinda umutekano, kandi dufite irondo ry’umwuga rikora, keretse niba ari bake. Ikindi ntakibazo kidasanzwe cy’umutekano tuhazi hariya hantu, reka tubikurikirane tuzongere tubivugane."

Si ubwambere ikibazo cy’ubujura kivuzwe muri uyu Murenge wa Nyamabuye cyane ko abaturage bavuga ko bamaze igihe kitari gito baterwa ikizwi nka "kaci", bakaba basaba ubuyobozi gukomeza kubafasha gukurikirana iki kibazo.

Mubyo bamburwa cyane birimo terefone ngendanwa amasakoshi n’ibindi bikoresho bitandukanye.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru