Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Abana babiri barohamye mu mugezi wa Mukungwa barapfa

Wednesday 30 August 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Mu karere ka Musanze,Umurenge wa Rwaza , abana babiri barohamye mu mugezi wa Mukungwa barapfa.

Ni abana bavukana, aho umwe yari mu kigero cy’imyaka 8 mu gihe undi yari afite 12, barohamye boga mu mugezi wa Mukungwa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwaza, Dushimire Jean yabihamirije Kigalitoday.

Yagize Ati :"Abo bana bari kumwe n’ababyeyi babo barimo guhinga hafi ya Mukungwa, abana bajya mu mazi koga bagwamo, kugeza aya masaha umwe w’imyaka umunani yabonetse yapfuye, undi w’imyaka 12 ntabwo araboneka."

Uyu muyobozi yakomeje asaba gukomeza kujya bakurikirana abana, dore ko abana baba bazi ko mu gihe cy’izuba amazi aba yarakamye.

Yagize Ati: "Muri iyi minsi, mu gihe cy’izuba abana baba bazi ko amazi yakamye ari makeya, ariko ntibamenye ko uwo mugezi ufite ubujyakuzimu burebure. Hashize igiye dusaba abaturage kujya basiga mu rugo abana bato mu gihe baje guhinga hafi ya Mukungwa. N’ejo mu nteko z’abaturage twabibukije ko batagomba kuzana abana mu gihe bari guhinga hafi y’uruzi, ariko ababyeyi bakabirengaho."

Umurambo umwe niwo wabonetse undi uracyashakishwa aho wahise ujyanwa ku bitaro bikuru bya Ruhengeri.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru