Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Musanze,Umurenge wa Rwaza , abana babiri barohamye mu mugezi wa Mukungwa barapfa.
Ni abana bavukana, aho umwe yari mu kigero cy’imyaka 8 mu gihe undi yari afite 12, barohamye boga mu mugezi wa Mukungwa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwaza, Dushimire Jean yabihamirije Kigalitoday.
Yagize Ati :"Abo bana bari kumwe n’ababyeyi babo barimo guhinga hafi ya Mukungwa, abana bajya mu mazi koga bagwamo, kugeza aya masaha umwe w’imyaka umunani yabonetse yapfuye, undi w’imyaka 12 ntabwo araboneka."
Uyu muyobozi yakomeje asaba gukomeza kujya bakurikirana abana, dore ko abana baba bazi ko mu gihe cy’izuba amazi aba yarakamye.
Yagize Ati: "Muri iyi minsi, mu gihe cy’izuba abana baba bazi ko amazi yakamye ari makeya, ariko ntibamenye ko uwo mugezi ufite ubujyakuzimu burebure. Hashize igiye dusaba abaturage kujya basiga mu rugo abana bato mu gihe baje guhinga hafi ya Mukungwa. N’ejo mu nteko z’abaturage twabibukije ko batagomba kuzana abana mu gihe bari guhinga hafi y’uruzi, ariko ababyeyi bakabirengaho."
Umurambo umwe niwo wabonetse undi uracyashakishwa aho wahise ujyanwa ku bitaro bikuru bya Ruhengeri.


















