Abatuye ku kirwa cya Kirehe giherereye mu kiyaga cya Kivu mu Murenge wa Macuba ho mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko batajya begerwa n’ubuyobozi bw’akarere, kugeza ubu bakaba bavuga ko batazi nimba meya ari umugabo cyangwa umugore.
Ni ikirwa gito kiri mu kiyaga cya Kivu mu Kagari ka Rugari mu Murenge wa Macuba, gituwe n’abaturage basaga 1153 batuye mu ngo 168. Bamwe muri aba bahamya ko bafite ibibazo by’uruhuri mu buzima bwo ku kirwa, bagasanga impamvu bidakemuka ariko umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke kuva yatorwa atari yabasura, ndetse ngo bakaba bemeza ko batazi niba ari umugore cyangwa ari umugabo.
Bimwe mu bibazo by’ingutu bafite nuo nt amuriro, nta mazi, ibikorwa remezo byo ni ibindi.
Barore Pierre ati: “Undi wagiyeho ntabwo tumuzi, ntabwo araza kutwiyereka, ntituzi n’amazina ye, ntituzi isura ye. Iki giturage dutuyemo ntabwo tuzi Meya w’Akarere n’abamwungirije na bo ntabwo tubazi”."
Muhayimpundu Claudine yunzemo ati: "Uwo tuzi ni Mukamasabo wavuyeho, ntabwo aradusura, umushya ntabwo tuzi Impamvu; duhuye mu nzira ntabwo na mumenya. Icyo twifuza nuko we n’abagenzi be badusura tukabagezaho ibibazo dufite, tukareba ko babidufashamo."
Byaje guhumira ku murari ubwo babwirwaga ko umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Muhayezu Joseph Desire aza kubasura maze bakamugezaho ibibazo bafite ariko barategereje baraheba, baragaragaza igihombo bahuye nacyo uwo.
Niyonkuru Paul ati: “Visi Meya Desire, baratubwiye ngo aradusura mu nteko y’abaturage, ingoma y’umudugudu iravuga, tureka imirimo yacu tujyayo turamutegereza ntizaya”.
Singuranayo Simeon nawe ati: “Meya uriho ntabwo tuzi niba ari umugabo cyangwa niba ari umugore. Aje tukamugezaho ibyifuzo byacu, nk’ibyo by’umuriro n’amazi yajya kutubera umuvugizi, kuko atugerera kure aho tutagera”.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse umaze umwaka n’amazi abiri ku buyobozi bw’aka karere, yavuze ko umuturage w’iki kirwa waba utamuzi ari uwaba atitabira ibikorwa bibera hanze y’ikirwa nk’umuganda n’ibirori bitandukanye.
Mupenzi avuga ko muri gahunda yo kwegera abaturage yabanje gusura buri kagari kuri uku akaba akurikijeho gusura buri mudugudu.
Ati: “Abaturage bo ku Kirwa cya Kirehe, dukurikiranira hafi uko babaye ikifuzo n’ibibazo tukabishyira mu byihutirwa. Icyo nabizeza ni uko muri gahunda yo gusura imidugudu, ngiye kubashyira mu matariki ya hafi ku buryo mu minsi ya vuba nzabasura”.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke amaze umwaka n’amezi atatu atorewe kukayobora, akaba yarasimbuye Mukamasabo Applonie, wirukanywe ni nama njyanama y’Akarere kubera imyitwarire n’imikorere idahwitse.
Yanditswe na Sitio Ndori


























