Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Ubwo biganaga inzira y’Umusaraba Yesu/Yezu Kirisito yanyuzemo mbere yo kubambwa ku Musaraba i Goligota, ibirori byasojwe n’agahinda n’amarira menshi ubwo umwe mu banyeshuri bakigana uwo mukino yahasize ubuzima.
Suel Ambrose, Umunyeshuri wigaga amasomo ya Filozofiya muri Kaminuza y’Abihayimana, Claretian University of Nigeria, yitegura kuzaba Padiri, muri uyu mukino yakinaga ari Petero waciye ugutwi k’umusirikare arengera Yezu.
Nyuma yo gukina, Ambrose yaguye hasi atangira kuva amaraso bitewe no gukomereka cyane. Umwe mu batangabuhamya witwa Micheal Eluwa yabwiye ikinyamakuru Vanguard ati, "Ubwo ibi byago byabaga buri wese yahise atabara bakagerageza kumwihutana ku bitaro by’ishuri".
Byakomeje kuba bibi bamujyana ku bitaro byisumbuye byitwa Federal Medical Center (FMC), biri hafi aho. Ibi bitaro ni byo byaje kwemeza ko Ambrose yashizemo umwuka.
Ubwo uyu musore yituraga hasi, abantu babanje kugira ngo ni imikino cyangwa ni kimwe mu bice by’umukino. Ubwo atongeraga kubyuka ni bwo babonye ko ikibazo gikomeye bahita bamujyana kwa muganga.
























