Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Bahangayikishijwe na rigori zidapfundikiye zishobora no guteza impanuka

Monday 4 September 2023
    Yasomwe na

Yandutswe na Ndayambaje Jean Claude

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Musanze, cyane abakunze kugenda mu mujyi wa Musanze baravuga ko bahangayikishijwe na rigori zo mu nkengero z’imihanda hamwe na hamwe zidapfundikiye zishobora no guteza impanuka abantu bakavunikiramo.

Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu mugi w’aka karere asanga hari abagenzi binubira kuba izi ruhurura zidafunze bityo bikabatera impungenge arinaho bahera basaba ko zapfundukirwa bakajya bagenda bisanzuye batabyigana n’ibinyabiziga.

Byiringiro ni umwe mu baturage waganidiye n’umunyamakuru yagize ati: "Turasaba ko izi rigori zipfundikirwa, kuko umuntu ashobora kwikanga moto cyangwa igare akagwamo akaba yavunika , kuko urabona ko abantu baba bagenda ari benshi hano kandi murabona ko iki cyobo ari kirekire cyane, ahantu hafite hafi metero 2 ntabwo haba ari hagufi."

Undi muturage witwa TWIZERE Jean Paul yagize ati: "Urebye imihanda irimo kubakwa mishya ubu baragenda batwikira amarigori ariko kuri izi zubatswe mbere hano urabona ko batigeze bazitwikira, biduteye ikibazo noneho reba hano ku magare hakunze kuba ambutiyaje y’ibinyabiziga n’abantu, aha umuntu aguyemo ntiyarokoka dukeneye ubuvugizi ko zatwikirwa."

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Musanze Bwana Hamiss Habimana yavuze ko iki kibazo agiye kugikurikirana kugira ngo gishakirwe umuti nk’uko yabibwiye umunyamakuru wa mamaurwagasabo binyuze mu butumwa bugufi .

Yagize ati: "Waramutse neza (amazina), zizagenda zifungwa, sinzi neza aho wazibonye ariko aho imihanda ikiri gukorwa zizafungwa uko umuhanda ugenda urangira. Naho aho zangiritse nazo zizagenda zisimbuzwa. Waduha neza amakuru aho wasanze zitari kandi umuhanda wararangiye, tukabikurikirana? Urakoze, ugire umunsi mwiza."

Umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Musanze

Ruhurura ziteje inkeke ni izerekeye ahazwi nko ku magare, imbere y’urukiko rwa Musanze, umanuka werekeza ku imbere y’Ishuri rikuru rya police, ziramutse zipfundikiye abaturage bavuga ko bajya bagenda bisanzuye.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru