Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Bugarijwe n’ikibazo cy’amazi abasanga mu nzu

Friday 6 October 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Bamwe mu baturage batuye mudugudu wa kabogobogo, mu kagari ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza Akarere ka Musanze baravuga ko bugarijwe n’ikibazo cy’amazi akomeje kubasanga mu ngo akabaheza mu nzu aturutse mu muhanda wa Leta.

Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri uyu mudugudu, aho yasanze barimo kwinubira kuba aya mazi akomeje kubabangamira bagasaba ubuyobozi gushaka umuti urambye w’iki kibazo.

Umwe muri aba baturage witwa Kelly Theodore yagize ati: "Iki kibazo cy’amazi kirasa nkaho cyihariye, twakoze ibishoboka byose ducukura ibinogo, inzego zose zaje gukora umuganda biranga mbese hakenewe izindi mbaraga. Ubu iyo mvuye ku kazi ntumiza bote mu rugo nkavogera aya mazi, njye mbona leta yashaka izindi mbaraga zisumbuyeho ku buryo haboneka umuti urambye kuri iki kibazo."

Undi mubyeyi uhatuye yagize ati: "Iyo imvura iguye nijoro nukurara tudasinziye duhagaze kubera ko iyo hano huzuye amazi aba yarengeye inzu, ubu wasinzira gute? Abana iyo bagiye ku ishuri babura uburyo batambuka bakagerageza gukikira ndetse bamwe bagwamo; mbese aya mazi aratubangamiye. Hri n’igihe ubura n’uburyo usohoka iwawe huzuye, turasaba ko leta yadufasha bagakemura iki kibazo."

Bakomeza bavuga ko bahora bakora imiganda ariko ngo byaranze ndetse ngo bakomeje kugira impungenge ko umunsi umwe inzu zizarengerwa bamwe bakaba bahasiga n’ubuzima.

Twifuje kumenya icyo ubuyobozi bugiye gukora kuri iki kibazo kibangamiye abaturage maze umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Muhoza, Bwana Manzi Jean pierre avuga ko bagerageje ibishoboka byose mu guhangana n’iki kibazo biranga gusa ngo bakigejeje ku buyobozi bw’Akarere ku buryo ngo bizagera mu kwezi kwa mbere mu mwaka utaha barabonye umuti urambye.

Aragira ati: "Ikibazo cy’ariya mazi turakizi, ndetse biterwa ahanini nuko imvura yiyongereye muri iyi minsi, ikindi hari abaturage badafata amazi yo ku mazu zabo ndetse twagerageje gukora imiganda biba ubusa. Hariya hantu turimo guteganya gushyiramo imashini zikaharinganyiza ndetse harimo gukorwa n’inyigo ku buryo twayayobora muri mpenge hepfo, icyo kibazo twakivuganyeho n’akarere ku buryo kitazagera mu kwezi kwa mbere bitarakemuka."

Uyu muyobozi yasabye abaturage kujya bafata amazi yo ku nzu ndetse ngo iki kiri mu bibazo bizwi kandi bikomeje gushakirwa umuti,

Ni amazi yitekeye hagati mu ngo z’abaturage, aho bamwe baparitse imodoka bitewe nuko ntaho kuzinyuza bafite bakaba ariho bahera basaba ko hashakwa igisubizo kirambye kitarafata indi ntera.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru