Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abaturage bo mu karere ka Musanze mu murenge wa Kinigi baravuga ko irimbi bifashishaga mu gushyingura ababo ryuzuye bakaba barasubiye gushyingura mu rugo.
Bamwe mu baganiye n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo basabye ubuyobozi bw’Akarere ko bwabafasha bukabashakira ahandi bajya bashyingura.
Umwe muri aba baturage yitwa Alphonsine Mukamana yagize ati: "Irimbi ryacu hano mu kinigi rimaze igihe ryaruzuye, ubu nta muntu wemerewe kurishyinguramo nawe urabona ko rifunze, turifuza ko badushakira ahandi hantu twajya dushyingura.
Bakomeza bavuga ko nka gace karimo gutera imbere guahyingura mu rugo bipfobya agaciro k’ubutaka n’ibiburiho.
Undi ati: "Urabona turimo gutera imbere cyane, gushyingura mu rugo rero biba bibangamye kubera ko nta mushoramari waza kugura ikibanza cyawe ari kubona igituro mu rugo cya vuba, byagorana; nibadufashe."
Twifuje kumenya icyo ubuyobozi buvuga kuri iki kibazo maze Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinigi, Twagirimana Innocent avuga ko barimo gushakisha ahandi hose kujya bashyingura.
Ati: "Hari gushakwa ahandi hantu ho kujya bashyingurwa."
Abajijwe igihe runaka iki kibazo kizakemukira yagize ati: "Ni inshingano za Njyanama y’Umurenge kugira ngo bagire aho bemeranywa ubundi akarere nako gakore expropriation."
Umurenge wa kinigi ni umwe mu mirenge 15 igize akarere ka Musanze, ukaba ufatanye na Pariki y’Igihugu y’Ibirunga. Ni agace kandi gakunze gusurwa n’abamukerarugendo bingeri zitandukanye baturutse mu nguni zose z’Isi baba baje gusura Ingagi.




















