Umurambo w’umusore witwa Manirakoze Fidel uri mu kigero cy’imyaka 19 aho wasanzwe mu kidendezi cy’amazi hafi n’umugezi wa Susa.
Byabereye mu karere ka Musanze, umurenge wa Shingiro, mu kagari ka Kibuguzo mu umudugudu wa Mudende.
Mu kiganiro umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru SP Jean Bosco Mwiseneza yagiranye na Mamaurwagasabo.rw yavuze ko bamenye aya makuru bayahawe na Mama w’uwo musore, wavuze ko yari yabuze uyu mwana.
Yavuze ko nyakwigendera yavuye mu rugo ahagana saa 18h00’ agiye kuvoma amazi baramubura niko gutangira gutabaza inzego zitandukanye.
Yagize ati: "Amakuru y’urupfu rw’uyu mwana twayahawe na mama we umubyara ,ko yamubuze aho ngo yagiye kuvoma ntiyagqruka ubwo bahise bahamagara inzego z’umutekano niko gutangira kumushakisha ku bufatanye n’abaturage , aho byageze saa munani z’ijoro aba abonetse mu kidendezi cy’amazi hafi n’ukugezi wa Susa, ubu hakomeje gukorwa iperereza ngo hamenyekane icyishe uyu musore."
Ubwo twakoraga iyi nkuru umurambo wa Nyakwigendera wari wajyanye ku bitaro bikuru bya Ruhengeri kugira ngo usuzumwe.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje


















